Perezida Samia Suluhu yashimiye ikipe ya Tanzania U-23 nyuma yo gutsinda u Burundi

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yashimiye ikipe y’Igihugu ya Tanzania y’abatarengeje imyaka 23, nyuma yo kwegukana igikombe cy’irushanwa rya CECAFA y’abatarengeje iriya myaka itsinze u Burundi ku mukino wa nyuma.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo Tanzania yatwaye CECAFA yaberaga mu gihugu cya Ethiopia, nyuma yo gutsinda u Burundi kuri penaliti 6-5.

Ni nyuma yuko iminota isanzwe y’umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya 0-0.

Perezida Samia abinyujije kuri Twitter ye, yashimiye ikipe y’Igihugu ya Tanzania ku kuba yaregukanye kiriya gikombe, ashimangira ko intsinzi yakuye ku Burundi ari icyubahiro gikomeye ku gihugu cya Tanzania.

Ati: “Ndashimira ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 ku bwo gutwara igikombe cy’irushanwa rya Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati (CECAFA). Iyi ntsinzi ni icyubahiro ku gihugu cyacu kandi ni umusemburo wo kuzamura siporo.”

Perezida Samia yahamagariye abafatanyabikorwa ba siporo muri Tanzania gukomeza gushyiramo ingufu, mu rwego rwo guteza imbere Siporo ya kiriya gihugu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *