Sudani y’Epfo: Dr Riek Machar yahiritswe ku buyobozi bwa SPLM/A-IO

Sangiza iyi nkuru

Igice cy’umutwe wa SPLM kitavuga rumwe n’ubutegetsi (kizwi nka SPLM/A-IO) kitavuga rumwe n’ubutegetsi muri Sudani y’Epfo cyahiritse ku buyobozi bwacyo, Dr Riek Machar kimusimbuza Lt. Gen. Simon Gatwech Dual (uri ku ifoto), wabaye Chairman ndetse n’umugaba mukuru wacyo.

EyeRadio ivuga ko uyu mutwe watangaje ibi mu itangazo washyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, itariki 03 Kanama 2021, nyuma y’inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’uyu mutwe ahitwa Meganis ku mupaka na Sudani uvuga ko wafashe icyemezo cyo kwambura ububasha Dr Riek Machar.

Umuvugizi wa SPLM/A-IO, Brig. Gen. William Gatijiath Deng ati: “Ntabwo [Machar] agihagarariye inyungu z’abaturage benshi muri Sudani y’Amajyepfo, kubera ko yabaye umwe mu bagize guverinoma y’igihugu, akabangamira ibibazo by’ibanze, bityo ibitekerezo bye bikaba bidafasha umutwe wa [SPLM / A-IO].”

Yakomeje agira ati : “Ubuyobozi bukuru bw’ingabo bwashyizeho Lt. Gen. Simon Gatwech nka Chairman n’umugaba mukuru w’umutwe, arahita aba visi perezida wa mbere,”

Nk’uko EyaRadio ikomeza ivuga, Dr Riek Machar muri iyo nama yashinjwe amakosa menshi arimo icyenewabo, igitugu, guta icyerekezo no kwirengagiza ingabo za SPLA-IO zifungiwe ahantu hatandukanye.

Brig Gen. Gatjiath ati: “Umuyobozi mushya wa SPLM/ A-IO azabaza abafatanyabikorwa b’amahoro, harimo na [Perezida] niba amasezerano y’amahoro akiri mazima, tugomba rero gukomezanya na yo.”

Lt Gen. Gatwech Dual yari yarahagaritswe mbere na Dr. Riek Machar. Yahise ashyirwaho na Perezida Salva Kiir nk’umujyanama w’amahoro muri perezidansi, ariko uwo mwanya arawanga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *