img_20210808_122838.jpg

Messi yasezeye FC Barcelona mu marira menshi (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Argentine Lionel Messi wari usanzwe ari Kapiteni wa FC Barcelona, yasezeye ku bakunzi b’iyi kipe mu kiganiro n’itangazamakuru yasukiyemo amarira menshi.

Mu kanya kashize ni bwo Messi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru asezera kuri FC Barcelona, nyuma y’uko iyi kipe itangaje ko itagikomezanyije na we.

FC Barcelona mu itangazo iheruka gusohora yavuze ko kuba itabona uburyo yandikisha Messi kubera kwirinda kwica amabwiriza ya Financial Fair Play, ikaba impamvu yahisemo gutandukana na we.

Ni ibyanashimangiwe na Perezida wayo, Joan Laporta mu kiganiro n’itangazamakuru, wavuze ko bahisemo gutandukana na Messi nyuma yo gusanga imishahara FC Barcelona itakaza ku bakinnyi bayo ihabanye n’ibyo yinjiza.

Mbere y’uko Messi atangira ikiganiro n’itangazamakuru abafana ba FC Barcelona yandikiyemo amateka bari benshi cyane hanze ya Stade ya Camp Nou.

Messi wagaragaje ikiniga cyinshi mbere y’uko atangira kiriya kiganiro, yavuze ko atari yiteguye kuva muri FC Barcelona, bijyanye n’uko icyemezo cyo gutandukana na yo cyaje gitungurana.

Ati: “Mu minsi mike ishize natekerezaga icyo nshobora kuvuga. Ukuri kuriho ni uko ubu ntacyo nshobora gutekereza. Ibi ni ibihe bigoye cyane kuri njye, kuko nabaye hano ubuzima bwanjye bwose. Ibi sinari mbyiteguye. Njye n’umuryango wanjye twari tuzi ko tugiye kuguma hano, mu rugo iwacu. Twatekerezaga ko tugomba kuguma hano muri Barcelona.”

Messi yavuze ko n’ubwo avuye muri FC Barcelona yari amazemo imyaka 21 nyuma yo kuyigeramo afite imyaka 13, hari icyizere cy’uko nyuma y’imyaka mike azayigarukamo, kuko ayifata nk’urugo rwe.

Yakomeje agira ati: “Mu mwaka ushize ntitwashoboye gukinira imbere y’abafana kubera icyorezo. Mvuye muri iyi kipe nyuma y’umwaka n’igice ntabona abafana. Nakifuje gusezera mu bundi buryo, muri Stade harimo abantu.”

“Ndizera ko umunsi umwe nzashobora kugaruka muri iyi kipe ngatanga umusanzu, ndetse no kugira ngo Barça ikomeze kuba ikipe ya mbere nziza ku Isi.”

Messi yavuze ko impamvu Joan Laporta yagaragarije imbere y’itangazamakuru ari zo zatumye atandukana na FC Barcelona.

Yavuze ko bishoboka cyane ko yakwerekeza mu kipe ya Paris Saint-Germain, n’ubwo hari andi makipe menshi cyane ari kumuhamagara.

img_20210808_121021.jpg

img_20210808_122838.jpg

img_20210808_122753.jpg

img-20210808-wa0009.jpg

img_20210808_131053.jpg

img_20210808_131111.jpg

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *