Madagascar: Perezida Andry Rajoelina yirukanye abaminisitiri be bose

Sangiza iyi nkuru

Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar, yamaze kwirukana abaminisitiri bose bari bagize Guverinoma y’igihugu cye nyuma y’iminsi mike abanengeye mu ruhame avuga ko imikorere yabo iciriritse.

Itangazo ryasohowe n’ibiro bya Perezida Rajoelina kuri uyu wa Gatatu rivuga ko yirukanye bariya baminisitiri bose, gusa nta mpamvu risobanura zaba zatumye abirukana, nk’uko Reuters dukesha iyi nkuru yabitangaje.

Cyakora cyo ku Cyumweru gishize Perezida Rajoelina yari yavuze ko imikorere y’abaminisitiri be idashimishije, avuga ko hagomba kubaho impinduka.

Ati: “Nk’uko bigenda mu kipe y’umupira w’amaguru, ni ngombwa gukora impinduka mu gihe hari ibyo Guverinoma yagizemo intege nke. Hazabaho impinduka kandi ibyo birareba abadakora akazi bagiriwe icyizere cyo guhabwa.”

Mu cyumweru gishize bwo Umushinjacyaha Mukuru mu Rukiko rw’Ubujurire rwa Madagascar yatangaje ko hari abantu 21 barimo abajenerali 12 mu gisirikare, batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu mugambi wo kwica Perezida Rajoelina no gusesa Guverinoma.

Batandatu mu batawe muri yombi barimo abafashwe mu kwezi gushize, nyuma y’iperereza ryari rimaze amezi menshi rikorwa na Polisi ya Madagascar.

Ibi na byo bishobora kuba biri mu mpamvu zatumye Perezida Rajoelina afata kiriya cyemezo gikomeye.

Madagascar yakunze kurangwamo n’imvururu zishingiye kuri Politiki.

Nko muri 2019 mbere y’uko Perezida Andry Rajoelina arahirira kuyobora kiriya gihugu, byabaye ngombwa ko hiyambazwa Urukiko rushinzwe kurengera itegeko nshinga mu rwego rwo kuburizamo imvururu zari zakuruwe no kutemera ibyari byavuye mu matora.

Byari nyuma y’uko Marc Ravalomanana wayoboye Madagascar kugeza muri 2009 ubwo yasimburwaga na Rajoelina atangaje ko ari we watsinze amatora, ndetse akaba yararanzwemo ubujura bw’amajwi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *