Imam Sharubutu yatanze Frw asaga miliyoni umunani yo kubaka urusengero rutavugwaho rumwe

Sangiza iyi nkuru

Imamu mukuru wa Ghana, Shehe Osman Sharubutu, yatanze $8,000 ( 8,039,576Rwf) kugira ngo azifashishwe mu kubaka urusengero rwa gikirisitu rw’igihugu rutavugwaho rumwe.

Imamu Sharubutu w’imyaka 102 nk’uko BBC Swahili yabitangaje, yakoze ibi “Mu rwego gushyigikira umubano mwiza uri hagati ya Islam n’abakirisitu no kumva ko icyubahiro cyanjye ni amahoro.”

Uyu muyobozi wa kiyisilamu yigeze no kujya kwifatanya n’abakirisitu Gatulika mu kiwizihiza Pasika, ingingo itaravuzweho rumwe.

Umuvugizi we ati ” Umuyobozi mukuru arashaka guhindura uburyo abantu bamwe bafata idini ya Islam. Hari ababona ari iy’amahane, urwango mu gihe ari iry’urukundo, amahoro no kubabarira.”

Leta ikomeje gusaba abaturage gutanga uko bifite ngo urwo rusengero rw’igihugu rwubakwe mu Mujyi wa Accra. Uru rusengero ruzuzura rutwaye $ miliyoni 100, rukazuzura mu 2024 aho rushobora kujyamo intebe 5,000.

Ku rundi ruhande ariko, hari abavuga ko uyu mushinga atari ngombwa cyane ko ubukungu butameze neza muri ibi bihe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *