Mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatatu ni bwo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi ku mugabane w’iburayi ryafunze imiryango, nyuma y’amezi abiri amakipe ahugiye mu kureba uko yakwiyubaka.
Ni isoko ryabayemo Transferts zikomeye cyane, dore ko nk’iya Lionel Messi werekeje muri PSG avuye muri FC Barcelona, Cristiano Ronaldo wasubiye muri Manchester United avuye muri Juventus, Romelu Lukaku wasubiye muri Chelsea avuye muri Inter Milan na Jack Grealish wasinyiye Man City avuye muri Aston Villa ziri mu zavuzwe cyane.
Cyakora cyo ibi ntibikuraho ko abantu baba bahanze amaso umunsi wa nyuma w’isoko ry’igura n’igurisha, dore ko ari umunsi amakipe aba asiganwa n’igihe kugira ngo arebe ko isoko ryafunga hari icyo yagezeho.
Nk’abafana ba Real Madrid bari bategerezanyije amatsiko kumenya niba Kylian MbappĂ© yerekeza mu kipe yabo, gusa byarangiye uyu mufaransa agumye mu kipe ya PSG nyuma yo kwanga kuvugana na Real Madrid yari yifuje kumutangaho miliyoni 200 z’ama-Euro.
Icyakora abafana ba Real Madrid bakwiye kumwenyuzwa n’uko nubwo babuze MbappĂ©, bashoboye gusinyisha undi Mufaransa Edouardo Camavinga wakiniraga Stade Rennais y’iwabo.
Griezmann, De Jong na Saul muri Transferts zikomeye zafunze isoko
Mu buryo butatekerezwaga, isoko ry’igura n’igurisha muri Espagne ryasize Umufaransa Antoine Griezmann asubiye mu kipe ya Atletico Madrid, nyuma yo gutandukana na FC Barcelona yari amazemo imyaka ibiri.
Iyi kipe y’i Catalunya yemeje ko Griezmann yerekeje muri Atletico nk’intizanyo, ihita imusimbuza rutahizamu Luuke de Jong wakiniraga Sevilla na yo yahawe nk’intizanyo.
Griezmann muri Atletico yahise abisikana na Sául Niguez ukina hagati mu kibuga werekeje mu kipe ya Chelsea yo mu Bwongereza.
Mu zindi Transferts ni uko PSG yatijwe Nuno Mendes wakiniraga Sporting Lisbon yo muri Portugal kuri miliyoni 7 z’ama-Euro, ariko hakaba hari ubwumvikane bw’uko ishobora kugura uyu musore ukina inyuma ibumoso kuri miliyoni 40 z’ama-Euro.
Ikipe ya Arsenal yo yasinyishije myugariro Takehiro Tomiyasu imuguze muri Bologna miliyoni 18 z’ama-Euro, abisikana na Hector Bellerin wayivuyemo yerekeza muri Real Betis yo muri Espagne.
Izindi Transferts zikomeye ni iya Emerson Royal werekeje muri Tottenham avuye muri FC Barcelona kuri miliyoni 25, Pablo Sarabia werekeje muri Sporting CP nk’intizanyo ya PSG, Salomon RondĂłn wasinyiye Everton, Ademola Lookman watijwe Leicester City na RB Leipzig akabisikana na Ilaix Moliba wavuye muri FC Barcelona cyo kimwe na Reiss Nelson werekeje muri Feyenoord nk’intizanyo ya Arsenal.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


