Perezida Yoweri Kaguta wa Uganda yongeye kwamagana yivuye inyuma ubwicanyi bwitwaje intwaro gakondo bukomeje gukorerwa mu gace ka Masaka, avuga ko ‘ingurube’ ziburi inyuma zarangiye.
Museveni yabigarutseho ejo ku wa Kabiri ubwo yari ayoboye umuhango wo kwinjiza mu gisirikare cya Uganda abaheruka gusoza amasomo abagira ba Ofisiye wabereye ku kibuga cya Kololo.
Magingo aya abanya-Uganda 30 ni bo bamaze kugwa muri buriya bwicanyi bumaze ibyumweru bitanu bukorerwa i Masaka.
Museveni akomoza ku baburi inyuma yagize ati: “Muri ingurube. Hari abantu bibeshya bagatekereza ko bashobora guhungabanya Uganda. Ibyo ni ukwibeshya kuko nta gisirikare cyatsinda Uganda na NRM mu bya gisirikare no mu bya Politiki.”
Inzego z’umutekano za Uganda zivuga ko abageze mu zabukuru badafite imbaraga zo guhangana ari bo bibasirwa na biriya bitero by’i Masaka biza mu gicuku.
Museveni yavuze ko abari inyuma ya biriya bitero “nta mayeri” bafite, ko ahubwo barangiye.
Ati: “Baguye manka, ni amahirwe make kuba baratumye bariya bantu bageze mu zabukuru bapfa.”
Amakuru avuga ko abantu bagera kuri 70 ari bo bamaze muri yombi bakekwaho kugira uruhare muri buriya bwicanyi.
Museveni yavuze ko aba batawe muri yombi nibagezwa mu butabera byanga bikunze bazavuga uwabatumye.
Ati: “Nitubageza mu rukiko, bazahishura abari babatumye. Nta kuntu wakorera icyaha muri Uganda ngo tunanirwe kukumenya.”
Ku wa 27 Kanama Museveni yari yatangaje ko umutwe wa ADF ukorera mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari wo uri inyuma y’ibitero bikomeje guhitana abantu mu karere.
Ati: “Imipangu n’amategeko yo kwica abantu bacu bituruka muri Congo. Dukomeje kuganira na Nyakubahwa Felix Tshisekedi uko twakuraho iriya Kanseri.”
Museveni icyo gihe yavuze ko Uganda itegereje igisubizo cya Guverinoma ya RDC kugira ngo ingabo zayo zijye gutanga umusanzu wo kujya kurangiza ADF yise icyorezo.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


