FARDC yavuze ikigiye gukurikiraho nyuma y’aho u Burundi buyiciye abasirikare babiri

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Congo (FARDC) kivuga ko abasirikare bayco babiri biciwe mu kiyaga Tanganyika n’abasirikare b’Abarundi babitiranije n’abajura kandi ko ibi nta mwuka mubi biri buteze kuko impande zombi zo hejuru ziri kubiganiraho.

Umuvugizi w’igisirikare ca RD Congo mu Ntara ya Kivu y’Epfo, Capt Dieudonne Kasereka, avuga ko abasirikare ba Congo bari mu gikorwa gisanzwe cyo gucunga umutekano mu kiyaga Tanganyilka.

Agira ati: “Bari abasirikare barwanira mu mazi ba Republika ya Demokrasi ya Congo bari mu kazi mu kiyaga Tanganyika, bari bafite ikibazo cy’itumatumanaho. Abasirikare baRwanira mu mazi b’Abarundi baketse ko ari abajura bitwaje intwaro muri icyo kiyaga.”

WASOMA: https://bwiza.com/?RDC-ivuga-ko-ingabo-z-u-Burundi-zayiciye-abasirikare-babiri

Afande Kasereka yakomeje avuga ko bijya bibaho ko abajura bava kuri buri ruhande. Abajijwe niba FARDC yaba yari yarenze imipaka yo mu mazi y’ibihugu byombi,
Capt. Kasereka yavuze ko hari mu ijoro cyane bityo ngo bigoye kumenya aho bari bageze.

Yagize ati: “Hari mu mwijima, igisirikare cya Congo nticyashoboraga kubona ko cyarenze urubibi. Ntawakwemeza cyangwa ngo ahakane ko igisirikare cya Congo cyari carenze urubibi.”

Akomeza avuga ko bibabaje kuko bahatakarije abasirikare babiri, ariko ko bitavuze ko hari ibibazo hagati y’ibi bihugu bibiri nk’uko BBC yabitangaje.

Aremeza kandi ko hari ibiganiro ku rwego rwo hejuru kugira icyo kibazo gishakirwe umuti. Ati “Ku rwego rwo hejuru bamaze kuvugana.”

Igisirikare cy’u Burundi ntacyo kiratangaza ku byabaye.

Dr Kayumba ntazoroherwa na politike y’u Rwanda/Inteko z’abaturage zasubukuwe/consulat ya Kenya iGoma
youtube.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *