Mushikiwabo ahangayikishijwe na coups d’etat za hato na hato muri Francophonie

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’aho mu nama yayo kuwa 8 Nzeri, CEDEAO ifatiye icyemezo cyo guhagarika igihugu cya Guinea mu muryango, kubera abasirikare bo muri iki gihugu bahiritse ku butegetsi Perezida Alpha Conde, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) Louise Mushikiwabo, ahangayikishijwe n’ihirika ry’ubutegetsi rya hato na hato mu bihugu bigize uyu muryango.

Mu itangazo Afurika Yunze Ubumwe yashyize ahagaragara ku itariki 05 Nzeri, yamaganye ifata ku ngufu ubutegetsi iryo ari ryo ryose ndetse isaba ko Perezida Alpha Conde arekurwa.

Muri iyi nama idasanzwe y’Umuryango w’Ubukungu w’ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika, CEDEAO, abakuru b’ibihugu bigize umuryango basabye ko ibintu bisubira uko byari bimeze muri Guinea. Intumwa z’uyu muryango zikaba zigiye koherezwa muri iki gihugu ngo ngo zigirane ibiganiro n’abahiritse ubutegetsi.

Nk’uko byatangajwe na Perezida wa Ghana, Nana Akufo Addo, uyoboye CEDEAO muri iki gihe, ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Conde ngo igikorwa kibabaje kandi kinyuranyije n’amahame y’imiyoborere y’umuryango ayoboye.

Ku ruhande rwawo, umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa nawo uvuga ko uzakorana na CEDEAO na Afurika Yunze Ubumwe mu gusubizaho ubutegetsi bwubahiriza itegeko nshinga muri Guinea.

Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango, Umunyarwandakazi, Louise Mushikiwabo, we avuga ko ahangayikishijwe n’ihirika ry’ubutegetsi rya hato na hato mu bihugu bigize uyu muryango.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Mushikiwabo yagize ati “Mu mezi 18 ashize, ahantu hakoreshwa Igifaransa habaye coups d’Etat nyinshi (Mali, Guinea…), Umukuru w’igihugu yaguye ku rugamba (Idriss Deby) ndetse na Perezida wari ku butegetsi aricwa (Haiti) “,

Yakomeje agira ati “Ibi bihe biheruka by’urugomo rukabije, kutubahiriza amahame ya demokarasi, no guhonyora uburenganzira bwa muntu n’ubuzima bwa muntu binyuranye n’imihigo ibihugu na guverinoma byafashe mu Masezerano ya Bamako…”

Umunyamabanga Mukuru wa OIF akaba yaboneyeho gusaba abayobozi bo mu bihugu bikoresha Igifaransa kugerageza kurushaho gukorera rubanda, by’umwihariko urubyiruko kandi ku bufatanye n’amashyaka ya politiki yose bagaharanira kubungabunga ubuzima n’icyubahiro cya muntu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *