Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Ariel Henry, kuri uyu wa Kabiri yahagaritse ku mirimo ye Umushinjacyaha Mukuru wari urimo kumushinja kuba umwe mu bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa rya Perezida Jovenel Moise.
Perezida Moise yishwe arashwe n’abicanyi barimo abacanshuro bamusanze mu rugo iwe ku itariki ya 7 Nyakanga 2021, mu murwa mukuru, Port-au-Prince.
Minisitiri w’Intebe, Ariel Henry, yagenwe muri uyu mwanya na nyakwigendera Moise mbere y’iyicwa rye, ariko ibirego by’uko yaba yaragize uruhare mu iyicwa rye bikomeje kwiyongera.
Nk’uko tubikesha Ijwi rya Amerika, Umushinjacyaha Mukuru, Bed-Ford Claude yavuze mu cyumweru gishize ko telephone zumvirijwe zerekanye ko minisitiri w’intebe, Henry yavuganye kuri telephone kabiri n’umwe mu bantu bari mu gatsiko kishe Moise mu ijoro ubwicanyi bwakorewe.

Nyakwigendera Jovenel Moise
Uyu mushinjacyaha mukuru wa Haiti wakuwe ku mirimo ye kuri uyu wa Kabiri, yasabye umucamanza gukurikirana Minisitiri w’Intebe, Ariel Henry ku rupfu rwa Perezida Moise, ndetse asaba ko atakwemererwa gusohoka mu gihugu.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


