Lugendo yatawe muri yombi ku bwo gukinisha imyanya y’ibanga y’umukobwa w’imyaka itatu

Sangiza iyi nkuru

Polisi ya Tanzania mu Ntara ya Pwani, yataye muri yombi umugabo w’imyaka 34 witwa Anthony Lugendo imukurikiranyeho gukinisha, gukorakora imyanya y’ibanga y’umwana w’umukobwa w’imyaka itatu y’ubukure.

Lugendo asanzwe ari umuhinzi mu Karere ka Mlandizi mu cyaro cya Janga. Akurikiranyweho ko kwandagaza uwo mwana, akinisha ibice bye by’ibanga binyuranye n’amategeko ndetse n’imigirire iboneye nk’uko Bongo5 ibitangaza.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umukuru wa Polisi mu Ntara ya Pwani, Wakyo Nyigesa, yemeje ko ayo makuru.

Yavuze ko ” Lugendo yasanzwe mu cyumba yihereranye uwo mwana (amazina ye ntituyavuga) wiga mu mashuri y’incuke, yambuye uwo mwana imyenda yose saa kumi z’umugoroba, amukorakora. Twamaze kumufata, umwana ameze neza. Twamufashe kuwa 16 uku kwezi, ubu turi gukora iperereza, tuzamushikiriza urukiko.”

Abaturage bo mu gace ka Mlandizi nibo bafashe iya mbere mu gutanga amakuru ku byaba biri gukorerwa uwo mwana Lugendo yari yihereranye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *