9g8a3461-768x568.jpg

APR FC yakoreye imyotozo ya mbere muri Tunisia idafite Kapiteni wayo (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Kapiteni wa APR FC, Jacques Tuyisenge, ntiyagaragaye mu myitozo ibanziriza iya nyuma iyi kipe yakoreye i Tunis muri Tunisia.

Iyi kipe y’ingabo z’igihugu iri muri Tunisia kuva ku wa Gatatu w’iki cyumweru, aho yitabiriye umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league izahuriramo na Etoile Sportive du Sahel.

Uyu mukino uteganyijwe kubera kuri Stade ya Stade ya Mustafa Bin Jannat i Monastir, nyuma y’ubanza amakipe yombi yanganyirijemo igitego 1-1 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo mu mpera z’icyumweru gishize.

Kuri uyu wa Kane ni bwo APR FC yakoreye imyitozo ya mbere i Tunis, mbere y’iya nyuma ikorera ku kibuga umukino uzaberaho kuri uyu wa Gatanu.

Uyu munsi ni na bwo biteganyijwe ko iyi kipe igera i Monastir ivuye i Tunis.

Imyitozo APR FC yakoze yagaragayemo abakinnyi bayo bose, usibye Kapiteni Jacques Tuyisenge wagiriye akabazo k’imitsi mu mukino wo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.

Uyu mukinnyi yari ku kibuga yambaye inkweto zisanzwe n’ikoti ry’imbeho risa umukara, gusa amakuru aturuka imbere muri APR FC avuga ko Jacques ashobora kuzagaragara mu mukino wo kuri uyu wa Gatandatu.

APR FC irasabwa gutsinda byibura igitego 1-0 cyangwa ikanganya ibitego biri hejuru ya kimwe kugira ngo igere mu matsinda ya CAF Champions league.

9g8a3461-768x568.jpg

9g8a3369-2-5ebfa.jpg

9g8a3378-768x605.jpg

9g8a3384-768x590.jpg

9g8a3518-768x616.jpg

9g8a3386-768x609.jpg

9g8a3395-768x599.jpg

9g8a3396-367x260.jpg

9g8a3399-768x592.jpg

9g8a3406-768x552.jpg

9g8a3409-768x601.jpg

9g8a3411-768x554.jpg

9g8a3422-768x595.jpg

9g8a3438-768x580.jpg

9g8a3414-768x603.jpg

9g8a3419-768x601.jpg

9g8a3548-768x563.jpg

9g8a3541-768x636.jpg

9g8a3592-768x603.jpg

Amafoto: @APR FC

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *