Abanyeshuri babiri b’Abanyarwanda barekuwe na Uganda baba barabanje kwishyura

Sangiza iyi nkuru

Amakuru ataremezwa n’impande bireba avuga ko hari abasirikare ba Uganda bahawe bitugukwaha mbere y’uko abanyeshuri b’Abanyarwanda babiri; Aimable Ndayishimye na Mary Kabahizi bari bafashwe, barekurwa bakajya mu Rwanda.

Aba bombi bari basanzwe biga muri Kaminuza ya Bugema iri mu Karere ka Luweero gusa baje gufatwa n’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda, CMI, bari mu nzira bataha, bakurwa muri bisi ya Jaguar bajyanwa i Makenke.

Ikinyamakuru Virunga Post kivuga ko aba bombi baba barishyuye bamwe mu basirikare ba Uganda kugira ngo barekurwe.

Cyagize kiti ” Abo mu miryango yabo bishuye abasirikare ba Uganda kugira ngo barekurwe.”

Iki kinyamakuru kivuga ko ababyeyi ba Ndayishimye Aimable bishyuye imitwaro 40 (UGX 4000,000) mu gihe basabwaga miliyoni.

Ntikivuga ayo abo kwa Kabahizi baba barishyuye.

Iki kinyamakuru gikunze gutungwa agatoki ko gikwirakwiza puropaganda kivuga ko ibiganiro byo kwaka amafaranga byabereye mu kigo cya gisirikare cya Makenke byamaze amasaha atanu.

Hagati aho ariko, si ubwa mbere Abanyarwanda bafatiwe muri Uganda bavuze ko barekuwe ariko babanje gucucurwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *