Abantu batari munsi ya batatu bitangazwa ko bapfuye naho abandi bagera kuri 80 barakomereka, nyuma yuko abasirikare barashe ku mbaga y’abigaragambya bamagana kuba igisirikare cyafashe ubutegetsi muri Sudan. Abigaragambya biraye mu mihanda ku wa mbere nyuma yuko abasirikare basheshe ubutegetsi bwa gisivile, bafunga abanyapolitiki bakuru mu butegetsi ndetse batangaza ko igihugu cyinjiye mu bihe bidasanzwe. Bitangazwa ko abasirikare bagiye bajya mu nzu ku yindi mu murwa mukuru Khartoum, bagata muri yombi abategura imyigaragambyo baho nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza. Iryo hirikwa ry’ubutegetsi ryamaganwe ahatandukanye ku isi, ndetse Amerika yahagaritse imfashanyo ya miliyoni 700 z’amadolari yari igenewe Sudan. Jenerali Abdel Fattah Burhan wayoboye iryo hirikwa ry’ubutegetsi, yavuze ko gusubiranamo kwa rwihishwa kw’abanyapolitiki ari kwo kwatumye igisirikare gifata ubutegetsi. Ubwo ijoro ryagwaga ku wa mbere, umubare munini w’abigaragambya bari bari mu mihanda y’i Khartoum – no mu yindi mijyi – basaba ko ubutegetsi bwa gisivile busubiraho, nkuko bivugwa na Mohamed Osman, umunyamakuru wa BBC mu ishami ritangaza mu Cyarabu, uri mu murwa mukuru. Umwe mu bigaragambya wakomeretse yabwiye abanyamakuru ko yarashwe ku kuguru n’igisirkare ari hanze y’ibiro bikuru by’igisirikare, mu gihe uwundi mugabo yavuze ukuntu igisirikare cyabanje gutera ibisasu bya grenade bitari ibya nyabyo byo gukanga, nyuma kikarasa amasasu nyamasasu. Al-Tayeb Mohamed Ahmed yagize ati: “Abantu babiri bapfuye, nabiboneye n’amaso yanjye”. Ishyirahamwe ry’abaganga muri Sudan ndetse na minisiteri y’itangazamakuru na byo byanditse kuri Facebook ko habayeho kurasa kwishe abantu hanze y’ibiro by’igisirikare. Amafoto yo mu bitaro byo muri uwo mujyi agaragaza abantu bambaye imyenda yuzuyeho amaraso ndetse bafite ibikomere ahantu hatandukanye. Abigaragambya bafunze imihanda bakoresheje ibirundo by’amatafari ndetse n’imipine irimo gushya. Abagore benshi na bo bayitabiriye, batera hejuru bati “twanze ubutegetsi bwa gisirikare”. Ikibuga cy’indege cy’i Khartoum cyafunzwe n’ingendo z’indege zo mu mahanga zahagaritswe. Internet na myinshi mu mirongo ya telefone ngendanwa na yo ntirimo gukora. Amakuru avuga ko abakozi bo muri banki nkuru y’igihugu bagiye mu myigaragambyo mu bice bitandukanye mu gihugu, ndetse bivugwa ko abaganga barimo kwanga gukora akazi kabo ko mu bitaro bya gisirikare keretse gusa mu kwita ku ndembe.


