Umujenerali mukuru wa Amerika, Gen Mark Alexander Milley, yavuze ko kugerageza gukekwa kwa missile yo mu bwoko bw’izinyaruka bikomeye biri hafi y’ibihe bya Sputnik, avuga ibihe aba-Soviet bagerageje satellite bigatangiza intambara y’ubutita. Mu kiganiro na Bloomberg News, Mark Milley, ukuriye inama y’abagaba b’ingabo za Amerika yavuze ko igisirikari cy’Ubushinwa kiri “kwaguka vuba vuba”. Ikinyamakuru Financial Times kivuga ko igeragezwa ryakozwe n’Ubushinwa muri uku kwezi ryatunguye igisirikare cya Amerika. Beijing ihakana ko icyo yagerageje ari hypersonic missile, ko ahubwo ari ikigendajuru. Gen Milley kuwa gatatu yabwiye Bloomberg ati: “Ibyo twabonye ni igikorwa gikomeye cyo kugerageza intwaro ya hypersonic. Kandi ni ibintu biduhangayikishije. “Ntabwo nzi niba neza neza ari nk’ibihe bya Sputnik, ariko nibaza ko ari hafi yabyo. Ni ibintu turi kurebera hafi cyane.” Hypersonic missile iri mu bwoko bw’izoroha cyane kurasa kandi ikihuta bidasanzwe kuko ishobora kugenda ku muvuduko wa 6,000Km/h. Uyu musirikare mukuru yabaye umutegetsi wa mbere muri Amerika uvuze ko Ubushinwa bwagerageje missile nk’iyo vuba aha. Amakuru avuga ko iyo yari missile ifite ubushobozi kirimbuzi kandi idashobora kubonwa n’uburyo bw’igisirikare cya Amerika bwo kubona mbere no gushwanyuza za missile zaraswayo.


