Myugariro Sergio Ramos na rutahizamu Lionel Messi, bahuriye bwa mbere mu myitozo ya Paris Saint-Germain nyuma y’imyaka myinshi ari abakeba.
Aba bagabo bombi bahoze bakinira amakipe ya Real Madrid na FC Barcelona ahora ahanganye muri Espagne, mbere yo gutandukana na yo bombi bakerekeza muri PSG yo mu Bufaransa mu mpeshyi y’uyu mwaka.
Mbere y’uko aba bakinnyi bahoze bahanganye batandukana bombi bakerekeza muri PSG, wasangaga bahanganye cyane mu kibuga iyo Real Madrid yabaga yahuye na FC Barcelona.
Messi mu mwambaro wa FC Barcelona, yakundaga kunyura ku ruhande rw’ubwugarizi bwa Real Madrid ruriho Ramos, akenshi na kenshi atamunyuraho ngo atsinde igitego undi akamukoreraho amakosa akomeye.
Ni amakosa akenshi na kenshi yasigaga umusifuzi atanze ikarita itukura, bitihi se imvururu zikavuka hagati y’abakinnyi b’amakipe yombi.
Imibare yerekana ko kuva muri 2010 yeretswe amakarita atanu atukura mu mikino ya El Clasico yahuriyemo na FC Barcelona, amwe muri yo akaba yaragiye ayaheshwa na Messi.
Messi na Ramos bahuriye mu myitozo bitegura umukino wa shampiyona y’Abafaransa PSG ifitanye na Nantes.
Ni umukino byitezwe ko aba bagabo bashobora guhuriramo bwa mbere mu kibuga bambaye umwambaro w’ikipe imwe.








