Mu rusengero rwa Pentecostal Assemblies of God muri Kenya, kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2021 abakirisitu barwanye barakomeretsanya bitewe na misa yari yatinze kurangira.
Imirwano yabaye hagati y’abakirisitu bigishwa na Pasiteri na nyir’urusengero wahawe izina rya Caretaker.
Citizen dukesha iyi nkuru ivuga ko ubusanzwe muri uru rusengero ruherereye mu karere ka Vihiga haba misa ebyiri, abiyumvamo Pasiteri n’abiyumvamo Caretaker bagasimburana.
Uyu munsi rero, hari habanje misa ya Caretaker, irenza igihe igomba kumara. Byarakaje abiyumvamo Pasiteri bari bategerereje hanze, umugore umwe ajya gukubita inzogera kugira ngo basohoke.
Aba Caretaker banze gusohoka, aba Pasiteri babasanga mu rusengero, barwana nabo babasohora, rubura gica, bisaba ko abapolisi baza baratabara.
Bony Karani wabibonye yasobanuye uko byagenze ati: “Itsinda rya Pasiteri ryaje mu isengesho ry’ukwezi mu gihe irya Caretaker ryatinzemo nk’aho ridashaka gutanga umwanya.”
Iyi mirwano yakomerekeyemo abantu batatu bari umugore wakubise inzogera, akaba yakubitishijwe icyuma yayikubitishije. Imyambaro ya Pasiteri nayo yaciriwe muri iyi mirwano.


