E.U. yagumijeho ibihano yafatiye Abarundi bane barimo minisitiri w’umutekano

Sangiza iyi nkuru

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, E.U. wagumijeho ibihano byafatiwe Abarundi bane kuva mu 2015 barimo minisitiri w’umutekano, Gervais Ndirakobuca, mu gihe Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ziherutse kumukuriraho ibihano na none yari yarafatiwe na bagenzi be barimo Minisitiri w’Intebe, Alain Guillaume Bunyoni.

Abarundi Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wafatiye ibihano ni Gervais Ndirakobuca, Godefroid Bizimanaushinzwe gutegura ingendo z’umukuru w’igihugu, Leonard Ngendakumana, washinjwe kuba ari we wayoboye ibitero by’amagrenade mu mujyi wa Bujumbura mu 2015, n’umukozi w’urwego rw’iperereza witwa Joseph-Mathias Niyonzima bakunda kwita Kazungu.

Ibihano bafatiwe bigomba kugumaho kuzageza ku itariki ya 31 Ukwakira 2022 nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu itangazo washyize ahagaragara.

Urubuga UBMNews dukesha iyi nkuru ruvuga ko mu cyemezo giherutse gufatwa ku itariki ya 18 Ugushyingo, minisitiri w’umutekano w’u Burundi kuri ubu, Gervais Ndirakobuca, yahisemo gukoresha ingufu z’umurengera mu 2015 mu kurwanya abari mu myigaragambyo yamagana manda ya 3 ya Perezida Nkurunziza.

Icyo gihe Ndirakobuca yari umujyanama mu biro by’umukuru w’igihugu ku bibazo by’Igipolisi cy’u Burundi.

Godefroid Bizimana kuri ubu ushinzwe ingendo z’umukuru w’igihugu, mu 2015 we yari yungirije umukuru w’igipolisi, nawe akaba avugwaho kugira uruhare mu ikoreshwa ry’ingufu z’umurengera mu gucubya abari mu myigaragambyo yamagana manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza.

Naho Léonard Ngendakumana , ashinjwa kuba yarabaye imbogamizi mu gushakira umuti ibibazo bya politiki mu mahoro, aho yifatanyije n’abashatse guhirika ubutegetsi ku itariki ya 13 Gicurasi 2015. Uyu kandi avugwaho kuba yariyemereye kuba mu bagiye bagaba ibitero bya grenade muri Bujumbura.

Uwa kane ni Joseph Niyonzima ukora mu rwego rw’iperereza, ubumwe bw’u Burayi bushinja ibyaha bitandukanye birimo guhungabanya uburenganzira bwa muntu.

Ashinjwa kandi guha imyitozo ya gisirikare Imbonerakure zakoreshejwe mu marorerwa atandukanye yahungabanyije uburenganzira bwa muntu mu Burundi.

Ubumwe bw’u Burayi bwafashe iki cyemezo mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zo ziherutse gukuraho ibihano byari byarafatiwe Abarundi bane, barimo Minisitiri w’Intebe, Alain Guillaume Bunyoni, wari minisitiri w’umutekano mu 2015, Gen. Godefroid Bizimana twavuze haruguru, Godefroid Niyombare, wahoze akuriye ibiro bishinzwe iperereza mu Burundi ari nawe wayoboze igikorwa cyo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza na Gen. Cyrille Ndayirukiye, bafatanyije muri icyo gikorwa uherutse gupfira muri gereza yari afungiwemo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *