Jado Castar yajuririye igihano yakatiwe, atakambira urukiko

Sangiza iyi nkuru

Umunyamategeko Kamagaju Béatrice wunganira Bagirishya Jean de Dieu, umunyamakuru wamamariye ku izina rya Jado Castar, yatangaje ko bajuririye mu rukiko rukuru igihano urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwamukatiye, batakamba.

Castar wari Visi Perezida wa kabiri w’ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda, ushinzwe amarushanwa, yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri, acibwa n’ihazabu y’amafaranga miliyoni eshatu tariki ya 13 Ukwakira 2021 amaze guhamwa icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano muri dosiya y’ikipe y’igihugu y’abagore yakinishije abanyamahanga.

Me Kamagaju yatangaje ko we n’umukiriya we [wemera icyaha kuva yagezwa mu rukiko ku nshuro ya mbere] bajuriye kugira ngo byibuze igihano yahawe kigirwe igifungo gisubitse.

Yabwiye Igihe ati: “Icyaduteye kujurira, turavuga tuti ‘dutakambye urukiko rushobora kumusubikira igihano cy’igifungo kuko nacyo kirateganyijwe mu gihe akatiye munsi y’imyaka itanu cyangwa se bakamusaba ihazabu ya Frw miliyoni 3 yasabwe n’Ubushinjacyaha.”

Uyu munyamategeko avuga ko impamvu abona Castar akwiye koroherezwa ari uko icyaha cyo gushakira aba bakinnyi ibyangombwa bihimbano kugira ngo bakine, yagikoze agamije inyungu y’igihugu.

Urukiko rukuru ruzaburanisha ubujurire bwa Castar tariki ya 16 Ukuboza 2021.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *