Miss Josiane ntakiri mu rukundo n’umusore umaze umwaka amwambitse impeta

Sangiza iyi nkuru

Mwiseneza Josiane wabaye Nyampinga watowe kurusha abandi mu 2019 ntakiri mu rukundo n’umusore witwa Tuyishimire Christian wamwambitse impeta tariki ya 15 Kanama 2020.

Iby’uko urukundo rwa bombi rwahagaze byamenyekanye ubwo uyu musore yashyiraga ku rubuga rwa Instagram amafoto y’umukobwa bakundana, ashimangira ko bakundanye kuva mu 2018.

Kuri aya mafoto, Tuyishimire yashyizeho ubutumwa bugira buti: “Kuva mu 2018! Ndagushimira uko witwaye mu nzira zigoye zose. Iki ni cyo gihe. Inkuru y’urukundo rwa nyarwo. Birabaye.”

Ubwo yari amaze kwambikwa impeta na Tuyishimire, Miss Josiane yabwiye itangazamakuru ko bombi bateganya kurushinga.

Byumvikane ko niba uyu musore yarakundanye n’uyu mukobwa wundi mu 2018, baba barigeze kudahuza, akayoboka Miss Josiane, ariko nabwo ntibikunde, agasubira ku wo bakundanaga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *