gettyimages-1236733022-1024x1024.jpg

Umugore ubu ufite imyaka 37 yahishuye ko yahohotewe na Maradona afite imyaka 16

Sangiza iyi nkuru

Umugore w’imyaka 37 wo muri Cuba wagiranye umubano n’igihangange muri ruhago, Diego Maradona mu myaka 20 shize ubwo yari ataragira imyaka y’ubukure, kuri uyu wa Mbere yamushinje kumufata ku ngufu no kumumarana igihe atabishaka ariko amukorera ihohotera.

Mavys Alvarez Rego, kuri ubu uba muri Miami, yabwiye itangazamakuru ryo mu Mujyi wa Buenos Aires muri Argentine, uko yahuye na Maradona afite imyaka 16 ubwo uyu mugabo wamamaye mu mupira w’amaguru yabaga muri Cuba ari mu myaka 40, aho yari yaragiye kwivuza ikibazo cyo kubatwa n’ibiyobyabwenge.

“Narashutswe, arantsinda … Ariko nyuma y’amezi abiri ibintu byose byatangiye guhinduka,”

gettyimages-1236733022-1024x1024.jpg

Uyu mugore akomeza avuga ko Maradona wapfuye mu mwaka ushize ku myaka 60, ari we wamwigishije kugerageza cocaine bikarangira abaye imbata y’iki kiyobyabwenge.

Ati “Naramukunze ariko naranamwanze, nanatekereje kwiyahura,”

diego-maradona-world-cup-mw834.png

Maradona afatwa nk’umwe mu bakinnyi beza b’umupira w’amaguru babayeho mu mateka, wafashije igihugu cye cya Argentine kwegukana Igikombe cy’Isi 1986.

Alvarez Rego, kuri ubu ufite abana babiri, uw’imyaka 15 n’uw’imyaka ine, avuga ko umubano we na Maradona wamaze imyaka iri hagati y’ine n’itanu, ariko ko muri icyo gihe yakorerwaga ihohoterwa.

Yavuze ko ubwo bakoranaga urugendo bagiye i Buenos Aires ari kumwe na Maradona mu 2001, Maradona yamumaranye ibyumweru byinshi muri hotel bitari mu bushake bwe, abari begereye Maradona bakamubuza gusohoka wenyine, ndetse agahatirwa kwiyongeresha amabere.

the-photos-of-diego-maradona-and-mavys-alvarez-in-cuba.jpg

Yavuze kandi ko Maradona yigeze kumufata ku ngufu amusanze iwabo muri Havana, umurwa mukuru wa Cuba, ndetse avuga n’inshuro nyinshi yagiye amukorera ihohotera ku mubiri.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, bivuga ko Alvarez Rego atatanze ikirego ubwe, ariko yatangaga ibimenyetso muri Buenos Aires ku mushinjacyaha wo muri Argentine uri gukurikirana ikirego cyatanzwe na ONG yo muri iki gihugu.

Uyu muryango utegamiye kuri leta witwa “Foundation for Peace”, watanze ikirego nyuma yo kubona ubuhamya bwa Alvarez mu itangazamakuru ryo muri Amerika mu byumweru bishize.

Ni ikirego gifitanye isano n’icuruzwa ry’abantu, kubuza umuntu ubwisanzure, kumukoresha ku gahato, gukubita no gukomeretsa.

6fdb5a154cc2c2f62465c08c36fb818d3011774b-4x3-x0y0w800h600.jpg

Alvarez yatangaje ko yahisemo kuvuga nyuma y’imyaka myinshi kugirango hamenyekane urundi ruhande rwa Maradona mu nkuru mbarankuru ku buzima bwe iri gutegurwa izajya ahagaragara ku itariki ya 25 Ugushyingo ubwo hazaba hizihizwa umwaka ushize apfuye.

Ati “ Nakoze ibyo nagombaga gukora, ibisigaye mbihariye inkiko.”

jgehqasoz5ehrdbkuatjmqnkoe-1024x576.jpg

Yakomeje agira ati “Nageze ku ntego yanjye yo kuvuga ibyambayeho, kugirango bitazaba ku bandi, cyangwa byibuze abandi bakobwa bagire imbaraga zo kuvuga.”

Abantu batanu bari begereye Maradona batungwa urutoki muri iyi dosiye, bahakanye ibyo bashinjwa binyuze mu bunganizi babo. Umwe muri bo ndetse yareze gusebanya iyi ONG yabareze.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Umugore ubu ufite imyaka 37 yahishuye ko yahohotewe na Maradona afite imyaka 16
    Iyi ni feminism, ntaho guhungira hahari pe

  2. Umugore ubu ufite imyaka 37 yahishuye ko yahohotewe na Maradona afite imyaka 16
    Iyi ni feminism, ntaho guhungira hahari pe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *