Abiy Ahmed ku itabaro, M23 na FARDC mu mirwano, Covid-19 nshya iteye ubwoba; mu nkuru z’icyumweru

Sangiza iyi nkuru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 22 Ugushyingo 2021 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zirimo izirebana n’ubutabera, umutekano n’ubuzima.

Ni izi:

Amashusho ya Abiy Ahmed ku rugamba

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed tariki ya 26 Ugushyingo 2021 yashyize hanze amashusho amugaragaza ayoboye ingabo z’igihugu zihanganye n’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro irimo TPLF uharanira ubwigenge bwa Tigray.

Ni nyuma yo gutangaza tariki ya 23 Ugushyingo ko agiye kwitanga, akajya ku rugamba kwifatanya n’ingabo hamwe n’abandi baturage babyifuza guhangana n’iyi mitwe yitwaje intwaro byavugwaga ko isatira umurwa mukuru, Addis Ababa.

Tariki ya 24, Abbiy yatangaje ko arasimburwa by’agateganyo n’umwungirije, we akajya ku rugamba.

FARDC na M23 mu mirwano

Umutwe witwaje intwaro bivugwa ko ari M23 wamaze iminsi 3 uhanganye n’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, nyuma y’aho abarwanyi barwo bari bafashe ibirindiro bibiri muri Teritwari ya Rutshuru.

Aba barwanyi baraye bagabye igitero mu ijoro rya tariki ya 21 kugeza mu rukerera, ubwo birukanaga ingabo nke z’igihugu zari muri ibi birindiro byegereye umupaka wa RDC na Uganda.

Tariki ya 24, ubuyobozi bwo muri Rutshuru bwemeje ko izi ngabo zamaze kwirukana aba barwanyi muri ibi birindiro, gusa busaba abaturage bari bahunze kuba bagumyeyo, kugeza igihe bazahamagarirwa.

Uwayoboye igitero cyagabwe i Musanze yasabiwe igifungo cya burundu

Ubushinjacyaha bw’igisirikare cy’u Rwanda tariki ya 24 Ugushyingo bwasabiye umwe mu bari bayoboye abarwanyi b’umutwe wa RUD Urunana bagabye igitero mu mirenge ya Kinigi na Musanze, Selemani Kabayija igihano cy’igifungo cya burundu.

Kabayija ashinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, ubujura bukoresheje intwaro, kwinjira mu mutwe witwaje intwaro n’ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi.

Igitero uyu mutwe wakigabye mu Kwakira 2019, abantu 15 bicwa urw’agashinyaguro, abandi 14 barakomereka. Ubushinjacyaha buvuga ko ibyaha Kabayija akurikiranweho byakoranwe ubugomo, ikaba impamvu bwamusabiye igihano gisumba ibindi.

Urubanza rwa Muhayimana ukekwaho ibyaha bya jenoside

Urukiko rwa rubanda rw’u Bufaransa tariki ya 23 Ugushyingo rwaburanishije umwenegihugu ufite inkomoko mu Rwanda, Muhayimana Claude ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’Abatutsi biciwe mu rusengero no kuri sitade mu yahoze ari Perefecture ya Kibuye, mu 1994.

Muhayimana yahakanye ibyaha bya jenoside akurikiranweho bifitanye isano n’ubu bwicanyi, abajijwe niba yemera ko jenoside yabayeho, yarikirije, abajijwe niba azi ko yarateguwe, abihakana avuga ko atabizi kuko ngo yari umushoferi ku buryo atari kubimenya.

Leta y’u Rwanda yari yarasabye u Bufaransa ko bwamwohereza akaburanishwa, buhitamo kumwiburanishiriza nk’umwegihugu wabwo.

Covid-19 nshya bivugwa ko ari mbi kurusha izindi

Mu karere ka Afurika y’Amajyepfo hatahuwe Covid-19 nshya yihinduranyije abaganga bavuga ko yandura mu buryo bwihuse kurusha ubundi bwoko bwose bwabayeho.

Iyi Covid-19 umuryango mpuzamahanga wita ku buzima, OMS, wahaye izina rya Omicron yatumye ibihugu byinshi ku Isi bikumira abanyamahanga by’agateganyo, by’umwihariko abaturuka muri aka karere.

N’ubwo ariko ibi bihugu byamaze gushyiraho izi ngamba zo kwirinda Omicron, iyi Covid-19 bigaragara ko yamaze gukwirakwira mu bihugu birimo: mu Bwongereza, Australia, u Budage n’u Butaliyani.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *