Umuryango w’Abibumbye wahawe uburenganzira bwo kurasa ku mitwe yitwaje intwaro (inyeshyamba) wifashishije ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bwawo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bwahawe izina rya MONUSCO.
Umugaba w’ingabo ziri muri MONUSCO, Gen. Marcos de Sá Alfonso da Costa yabitangarije Radio Okapi kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2021, ubwo yari amaze gushyira umukono ku masezerano y’ubufatanye n’ingabo za RDC mu kugaba ibitero ku mutwe w’iterabwoba wa ADF.
Gen. da Costa yagize ati: “Dufite ingabo zituruka mu bihugu 14. Ibyo bihugu byose byahaye Umuryango w’Abibumbye uburenganzira kugira ngo ukoreshe ingufu mu kurengera abasivili, ufashe ingabo za Congo kandi urengere ubusugire bwa Congo.”
Ubusanzwe ingabo za MONUSCO zibungabunga umutekano w’abaturage mu duce tugabwamo ibitero n’imitwe yitwaje intwaro, yumvikana yifatanya n’ingabo za RDC mu bitero zigaba kuri iyi mitwe.
Uyu murongo zigenderaho watumye zinengwa, zishinjwa kunanirwa gukemura ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC mu myaka 20 zihamaze, hari n’ubwo Abanyekongo bakoze imyigaragambyo bazisaba kubavira mu gihugu.
Ibi bitero nibitangira kugabwa, birongera imbaraga ku bindi ingabo za RDC ziri kwifatanyamo n’iza Uganda. Gusa MONUSCO yavuze ko itazivanga muri ubu bufatanye bw’ibi bihugu byombi, kuko bitari mu nshingano yemerewe gukora.


