Burundi: Inzego z’umutekano zafashe abantu bafite intwaro za gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cy’u Burundi cyerekanye abantu bafatiwe muri zone ya Kanyosha, bakekwaho kuba ari abarwanyi. Bakaba barafatanwe ibikoresho bya gisirikare nk’abari bambariye urugamba.

Moise NKURUNZIZA, umuvugizi wungirije w’igipolisi cy’u Burundi yemeje aya makuru ndetse anatangaza ko abo bantu bafatanwe imbunda 3 zo mu bwoko bwa kalachnikov, za gerenade 9 hamwe n’amasasu asaga 900.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Mutarama 2017, akaba aribwo berekanwe, ndetse ko bishoboka ko baba bafitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba bikorerwa muri zone ya Kanyosha.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter


Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *