Sudani: Inzego z’umutekano zishe abantu bane mu bigaragambyaga

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, komite y’abaganga yavuze ko abashinzwe umutekano muri Sudani barashe bakica abantu bane mu gihe cyo guhashya imyigaragambyo y’abantu basaga ibihumbi mirongo bamagana ubutegetsi bwa gisirikare mu gihugu hose.

Abashinzwe umutekano bakoresheje ibyuka biryana mu maso ubwo abigaragambyaga banyuraga mu mihanda ya Khartoum no mu mijyi ituranye ya Omdurman na Bahri berekeza ku ngoro ya perezida nk’uko Reuters yabashije kibibona.

Komite nkuru y’abaganga ba Sudani yavuze ko abigaragambyaga bane barashwe n’inzego zishinzwe umutekano, byibuze batatu muri bo muri Omdurman.

Al Hadath TV yasubiyemo umujyanama w’umuyobozi w’ingabo, Abdel Fattah Al-Burhan, avuga ko igisirikare kitemera ko hagira umuntu ukurura igihugu mu kajagari kandi ko imyigaragambyo ikomeje ntacyo imariye igihugu kandi itavamo igisubizo cya politiki.

Imyigaragambyo yo kuri uyu wa Kane ni icyiciro cya 11 cy’imyigaragambyo ikomeye kuva ku ya 25 Ukwakira ubutegetsi bwa Abdallah Hamdok bukuweho nyuma agasubizwa umwanya we wa minisitiri w’intebe. Abigaragambyaga basabye ko ingabo zitagira uruhare muri guverinoma y’inzibacyuho yerekeza ku amatora mu bwisanzure.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *