Kuri uyu wa Gatatu mu Mujyi wa Buea uri mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Cameroun, uri no kuberamo imikino y’igikombe cya Afurika, humvikanye amasasu.
Uyu mujyi urimo amakipe ane y’ibihugu ari gukiniramo imikino y’Igikombe cya Afurika yatangiye ku Cyumweru muri iki gihugu mu gihe kirimo ibibazo by’umutekano cyane cyane mu burengerazuba bw’igihugu ahari abashaka kwiyomora ku gihugu bakoresha Icyongereza kuva mu 2017.
Amakipe y’ibihugu bya Mali, Gambia, Tunisia na Mauritania, biri mu itsinda F, ni yo abarizwa mu Mujyi wa Buea, hakunze kubera guhangana hagati y’ngabo za leta n’abarwanya ubutegetsi.
Uyu Mujyi wa Buea nk’uko bitangazwa na VOA uherereye mu isaha imwe mu modoka uvuye mu Mujyi wa Limbe uri ku nkengero z’Inyanja ya Atlantika, ahabereye imikino ibiri yo mu itsinda F kuri uyu wa Gatatu ushize, Ni imikino yahuje Mali na Tunisia ndetse n’uwahuje Mauritania na Gambia.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters ngo ntibyabashije kugenzura niba ayo masasu yavuze kubera guhangana hagati ya leta n’abarwanya ubutegetsi.
Imirwano hagati ya leta n’abashaka kwiyomora ku gihugu imaze kugwamo abantu byibuze 3000, mu gihe abasaga miliyoni bavanwe mu byabo.


