Ikipe ya Pepiniere igarukanye umwaku mu kibuga

Sangiza iyi nkuru

Mu mukino wa mbere w’ikipe ya Pepiniere kuva aho igarukiye mu kibuga kuri uyu wa 8 mutarama 2017, ntubashije kuyigendekera neza aho ikipe ya Rayon Sports iyitsinze ibitego 3-1 kuri kimwe, iyi kipe ikaba ikomeje kuza ku mwanya wa nyuma mu irushanwa dore ko na bamwe mu bakinnyi bayo basaga n’abigendeye burundu.
Iyi kipe ya Rayon Pepiniere yanakoze imyitozo inshuro zitarenze 2 gusa, yatsinzwe ibi bitego mu mukino wari wayihuje na Rayon Sports byanayiheesheje amahirwe yo gusiga cyane ikipe ya APR Fc mu irushanwa rya Azam Premier league ikaza ku mwanya wa mbere.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibi bitego uko ari 3 bya Rayon Sports ndetse na kimwe cyo ku ruhande rwa Pepiniere Fc byatsinzwe mu gice ya kabiri, umukinnyi Moussa Camara akaba yabashije gutsinda ibitego 2 yikurikiranya naho icya 3 kigatsindwa na mugenzi we nawe uzwiho gutsindira iyi kipe Nahimana Shasir.
Iyi kipe ya Pepiniere Fc itsinzwe nyuma y’uko mu minsi yashize yari yasezeye mu irushanwa ishinja Ferwafa kutubahiriza amasezerano yo kuyireka igakinira mu kibuga cyayo, nyuma byombi bikaza kwisubiraho ikipe ikagaruka mu kibuga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *