Umugabo yakize indwara ebyiri yari amaranye imyaka itanu nyuma yo gukingirwa Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Umugabo ubarizwa muri Leta ya Jharkhand mu Buhinde witwa Dularchand Munda, wari umaze imyaka itanu atagenda, atanavuga kubera impanuka y’imodoka yakoze mu myaka itanu ishize,yongeye kugenda aranavuga nyuma yo gukingirwa Covid-19.

Munda w’imyaka 55 wo mu Buhinde avuga ko yakingiwe Covid-19 ku itariki 4 Mutarama 2022, nyuma y’amasaha make akingiwe, ngo yatangiye kongera kumva amaguru ye. Ubu ngo yatangiye kongera kuvuga no kugenda n’ubwo abikora akoresheje imbago.

Aganira n’Ikinyamakuru cyo mu Buhinde kitwa ‘ANI’ Dularchand yagize ati “ Nishimiye kuba narafashe uru rukingo. Amaguru yanjye yongeye gutangira gukora kuva nahabwa urukingo ku itariki 4 Mutarama 2022. Ijwi ryanjye ryaragarutse n’ibirenge byanjye bitangira kongera gukora.”

Munda Dularchand, ngo yarivuje cyane nyuma yo gukora impanuka mu myaka 5 ishize, ariko ntibyagira icyo bitanga. Ahubwo yatakaje ubushobozi bwo gukoresha igice cyo hepfo cy’umubiri we, nyuma no kuvuga biza kwanga. Nyuma amaze gukingirwa Covid-19, yatangiye kongera kunyeganyeza amaguru ye, bidatinze atangira guhagarara ndetse atera n’intambwe nkeya ariko bamufashije.

Aganira na Televiziyo yitwa ‘NDTV’ Dr Jitendra Kumar yagize ati “ Birashimishije kubona ibi, ariko bikeneye gusobanurwa n’abahanga mu bya siyansi. Iyo akira indwara yamufashe mu minsi mekeya ishize, byari kuba byumvikana, ariko gukira bitunguranye indwara yari amaranye imyaka isaga ine nyuma yo gufata urukingo Covid-19, biragoye kubyumva.”

Inkuru ya Dularchand Munda yamenyekanye cyane mu Buhinde mu cyumweru gishize, ariko abaganga, bavuga ko bashidikanya kuri uko gukira kumeze nk’igitangaza.

Gukira gutyo gusa nyuma y’imyaka itanu umuntu yarabaye ‘paralyzed’ ntabwo ari ikintu cyapfa kwizana gusa, iyo ngo ni yo mpamvu itsinda ry’abaganga ryateranye mu rwego rwo gusesengura uko uwo yari yaramugaye nyuma bakazatanga amakuru asobonura kurushaho.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Umugabo yakize indwara ebyiri yari amaranye imyaka itanu nyuma yo gukingirwa Covid-19
    Mbaga imitwe y’umugabo we! Ndasetse noneho ndagagaye.

  2. Umugabo yakize indwara ebyiri yari amaranye imyaka itanu nyuma yo gukingirwa Covid-19
    Mbaga imitwe y’umugabo we! Ndasetse noneho ndagagaye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *