Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo yasobanuye impamvu hari abaturage ba Uganda bangiwe kwinjira mu Rwanda banyuze ku mupaka wa Gatuna wafunguwe kuri uyu wa 31 Mutarama 2022.
Makolo yasubizaga umunyamakuru wubashywe muri Uganda, Canary Mugume wari watangarije kuri Twitter ko aba Banya-Uganda bangiwe kwinjira mu Rwanda, ntasobanure impamvu yabiteye.
Mugume yagize ati: “Breaking: Abanya-Uganda bambuka bajya mu Rwanda bangiwe kwinjira n’ubwo umupaka wongeye gufungurwa. Abayobozi bo muri Uganda baturutse muri URA na Immigration bambutse bajya mu Rwanda kugira ngo babiganireho n’u Rwanda.”
[Ibisobanuro: URA ni ikigo cya Uganda gishinzwe imisoro, Immigration ni urwego rw’abinjira n’abasohoka.]
Umuvugizi wa Guverinoma yavuze ko byatewe n’ingamba z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, zo kurwanya icyorezo cya Covid-19. Ati: “Amakamyo n’Abanyarwanda/abataha barimo kwinjira mu Rwanda banyuze Gatuna nk’uko bimeze ku yindi mipaka, hashingiwe ku ngamba za EAC zo kurwanya Covid.
Nk’uko itangazo ribivuga, abashinzwe ubuzima mu Rwanda n’abo muri Uganda barimo gufatanya kugenzura iyubahirizwa ry’aya mabwiriza ya Covid, kugira ngo bose bafashwe kwambuka baturutse ku mpande zombi.”
Amakuru agera kuri Bwiza.com avuga ko n’Abanyarwanda bashakaga kujya muri Uganda batabyemerewe, bamenyeshwa ngo ingendo zitari ngombwa zitemewe hashingiwe ku ngamba zo kwirinda Covid-19.



2 Responses
Gatuna: Guverinoma yasobanuye impamvu hari abanya-Uganda bangiwe kwinjira mu Rwanda
NATWE NKABATURA RWANDA TWISHIMIYE IRIFUNGURWA RY’UMUPAKA WA GATUNA TUWAMBUKE TWUBAHIRIZA AMABWIRIZA YA COVID 19.
Gatuna: Guverinoma yasobanuye impamvu hari abanya-Uganda bangiwe kwinjira mu Rwanda
NATWE NKABATURA RWANDA TWISHIMIYE IRIFUNGURWA RY’UMUPAKA WA GATUNA TUWAMBUKE TWUBAHIRIZA AMABWIRIZA YA COVID 19.