Kuri uyu wa Kabiri, Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzaniya yatoye Perezida mushya nyuma y’iyegura ry’uwamubanjirije wagiranye amakimbirane na Perezida Suluhu yahungabanyije ishyaka riri ku butegetsi.
Madamu Tulia Ackson, wari Perezida wungirije kuva mu 2015, yatsinze abandi bakandida umunani batavuga rumwe n’ubutegetsi.
Depite William Lukuvi wari uhagarikiye amatora yagize ati: “Nizera ko twatoye umuntu ukwiye uzayobora inteko ishinga amategeko mu cyerekezo cyiza.”
“Azi imipaka ye nka Perezida w’inteko kandi azi ko hari umukuru w’igihugu ari we Samia Suluhu Hassan.”
Ackson w’imyaka 46 y’amavuko atangiye imirimo mu gihe hakomeje kuvugwa amakimbirane mu ishyaka riri ku butegetsi rya Chama Cha Mapinduzi (CCM) mu gihe kandi ryitegurwa amatora ateganijwe mu 2025 nk’uko iyi nkuru dukesha AFP ivuga.
Muri Werurwe umwaka ushize, Hassan yashinje abo bahanganye gushaka kwangiza ubuyobozi bwe kuva abaye perezida wa mbere w’umugore wa Tanzaniya muri Werurwe umwaka ushize nyuma y’urupfu rutunguranye rwa John Magufuli.
Job Ndugai wasimbuwe na Ackson yeguye mu kwezi gushize nyuma yo kunenga Perezida Samia Suluhu Hassan kubera icyo yise inguzanyo y’amahanga “ikabije” ya Tanzaniya ndetse anashinja guverinoma “kugenda isabiriza”.
Imibare yatangajwe na Banki Nkuru ya Tanzaniya ivuga ko aya magambo yateje impaka ku rwego rw’imyenda igihugu cya Afurika y’Iburasirazuba kirimo igera muri miliyari 28 z’amadolari.
Mu kwezi gushize, Hassan yavuguruye guverinoma ye maze yirukana abari bayigize benshi barimo minisitiri w’ubutabera, uw’imiturire, n’uw’inganda n’ishoramari.
Yagerageje guca ukubiri na politiki ya Magufuli, ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamwita “umunyagitugu”, kandi ubwoba buracyahari ku bwisanzure bwa politiki n’ubw’itangazamakuru.


