Lt Gen. Muganga yashimangiye ko nta gahunda APR FC ifite ku banyamahanga

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi Mukuru wa APR FC, Lt Gen. Mubarakh Muganga yashimangiye ko iyi kipe nta gahunda ifite yo gukinisha abanyamahanga, asaba ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru (FERWAFA) kuyifasha kwipima.

Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa 1 Gashyantare 2022, nyuma y’aho APR FC yari imaze gutsindwa na Mukura VS igitego kimwe ku busa (1-0).

Iyi kipe y’ingabo yari imaze imikino 50 idatsindwa, Gen. Muganga avuga ko byose ibikesha abakinnyi b’Abanyarwanda ngo bashoboye kwereka amakipe akinisha abanyamahanga ko bashoboye.

Yagize ati: “Izo kipe zose twatsinze imikino 50, zabaga zifite abavandimwe bandi b’abanyamahanga, ariko ntibashoboye kudutsinsura kugeza kuri uyu mukino wa 51 aho Mukura ishoboye kubigeraho, nabwo impamvu ngira ngo mwayibonye, ni uko twakinnye iminota 45 aho kuba ya yindi isanzwe.”

Gen. Muganga yavuze ko aya makipe akinisha abanyamahanga aha abakinnyi ba APR FC b’Abanyarwanda kandi ngo iyi kipe y’ingabo ni imwe mu zashyigikiye ko abanyamahanga biyongera. Ati: “Kubera ko twaravugaga tuti twe twifitiye politiki nziza, ariko dukeneye aho twipimira.”

Ngo ibyo FERWAFA yarabibonye, yemeza ko amakipe yajya akinisha abanyamahanga batanu. Ati: “N’ubu turacyasaba, ari ntacyo byishe muri iyo politiki ya Federation, dushobora no gusaba ko bashoboye kubyemera, bakabongera, wenda byazatuma nitujya no hanze twipima kurushaho kuko izo dukina nazo hanze zo ziba zifite abo banyamahanga bava hirya no hino.”

Naho kuri APR FC, Gen. Muganga yavuze ko izakomeza gukinisha Abanyarwanda. Ati: “Ariko twebwe ntacyo tuzahindura, nta kizatuma duhindura politiki. Iyi mikino 50 irerekana ko Abanyarwanda bashoboye. Abanyamahanga hari igihe bakenerwa, ariko twebwe nk’ikipe y’ingabo twifuje kugumana iyo politiki.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *