Umubyeyi w’icyihebe Salim Rashid Mohamed cyari gishinzwe icengezamatwara mu mutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yagaragaye asaba ko cyoherezwa iwabo i Nairobi muri Kenya, nyuma y’aho gifatiwe muri Teritwari ya Beni.
Nk’uko igisirikare cya RDC cyabitangaje, cyafatiye Salim w’imyaka 26 y’amavuko mu gace ka Kazaroho, Gurupoma ya Batangi Mbau tariki ya 28 Mutarama 2022.
Nyuma y’aho Salim afashwe, Nation yashyize hanze amashusho y’umubyeyi we uba i Nairobi, asaba ko yoherezwa mu rugo, hakaba ari ho aburanishirizwa.
Uyu mubyeyi yagize ati: “Ejo saa tatu nabonye mu makuru umwana wanjye yafatiwe muri Congo, ntabwo bizwi niba azoherezwa i Nairobi. Ndasaba umwanya wanjye yoherezwa hano muri Kenya, agezwe i Mombasa, tumubone, tumenya ko ari amahoro, hanyuma Leta ikomeze akazi kayo ko kumukurikirana.”
Avuga ko Salim yari umuhanga mu ishuri, yari umwana witonda cyane. Ati: “Ntabwo tuzi icyatumye umwana wacu agira imyitwarire yageze kuri uru rwego; ntabwo tuzi uko byagenze.”
Uyu mubyeyi avuga ko baje kubura Salim, bakeka ko ashobora kuba yarapfuye, ariko ngo ubu barashima Imana ko bamubonye mu makuru ari muzima.”
Salim wari uzwi ku mazina arimo Turki mbere y’uko yinjira muri ADF muri RDC, bivugwa ko yabanje kuba mu bihugu birimo Turkiya na Syria, ari naho yatangiriye gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa Islamic State.
Amakuru mashya avuga ko yamaze koherezwa i Kinshasa kugira ngo akomeze gukurikiranwa. Yasanzeyo mugenzi we, Benjamin Kisokeranio watawe muri yombi mu ntangiriro za Mutarama 2022 ubwo yari muri Teritwari ya Uvira.



