Perezida Nyusi yashimiye u Rwanda na SADC mu nama ya AU

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Nyusi yashimiye u Rwanda n’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Amajyepfo, SADC, byafashije igihugu cye kurwanya ibikorwa by’iterabwoba, ubwo yari yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU.

Ingabo z’ibi bihugu ziri mu Ntara ya Cabo Delgado iri mu majyaruguru ya Mozambique kuva muri Nyakanga 2021, bikaba byaragiye gufasha ingabo z’iki gihugu kurwanya umutwe w’iterabwoba wegamiye ku idini ya Isilamu.

Uyu mutwe witwa Al Sunnah wahungabanyije umutekano wa Cabo Delgado, usenya ibikorwaremezo, unahagarika bimwe mu bikorwa by’ingenzi guhera mu mwaka w’2017.

Izi ngabo zagezeyo, zirukana abarwanyi b’uyu mutwe mu birindiro byinshi. Perezida Nyusi muri iyi nama, yavuze ko iyo hatabaho ubufasha bw’ibi bihugu, uyu mutwe washoboraga gukwirakwira muri aka karere kose ka SADC.

Nk’uko VOA ishami ry’ururimi rwa Portugal ibivuga, Perezida Nyusi yanahuye na Amina Mohamed wungirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, baganira kuri gahunda yo kurwanya iterabwoba, no gusubiza mu buzima busanzwe abemeye kurambika intwaro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *