Dr Habineza yemeje ko azongera kwiyamamariza kuba Perezida

Sangiza iyi nkuru

Dr Frank Habineza uyoboye ishyaka riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije, Democratic Green Party, yemeje ko azongera kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora ateganyijwe mu mwaka w’2024.

Uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi yabyemereje mu kiganiro yagiriye kuri Primo Media TV, cyasohotse ku wa 5 Gashyantare 2022.

Dr Habineza n’ubundi yiyamamarije uyu mwanya mu 2017, ahatanye na Perezida Paul Kagame hamwe na Philippe Mpayimana, agira amajwi ibihumbi 31,7 muri miliyoni 6.7 z’abari batoya, angana na 0.48%.

Yabajijwe niba yaranyuzwe n’ibyavuye muri aya matora, asubiza ko babyemeye ariko ati: “Ntabwo twishimiye ibyavuye mu matora ariko twabonye ko twatsinzwe.”

Kutishimira ibyavuye mu matora, Dr Habineza abishingira ku makosa avuga ko yabayeho, arimo kuba indorerezi ze zarabuzwaga kwinjira mu cyumba cyabarirwagamo amajwi, hakaba n’ubwo zabuzwaga kwinjira aho abantu barimo gutorera.

Gusa ngo yagejeje ibi bibazo kuri Perezida wa komisiyo y’igihugu y’amatora, bimwe akabikemura, agakebura ababuzaga izi ndorerezi uburenganzira, ariko nyuma amakosa agasubira.

Abajijwe niba azongera kwiyamamaza mu matora ateganyijwe mu 2024, Dr Habineza yasubije ati “Yego.”

Dr Frank Habineza asanzwe anahagarariye ishyaka rye mu Nteko Ishinga Amategeko, umutwe w’abadepite kuva muri Nzeri 2018.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *