Umuvugizi wa Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Kasongo Mwema yaraye asobanuye impamvu y’ifungwa ry’umujyanama wihariye wa Perezida mu by’umutekano, François Beya umaze iminsi itatu muri kasho y’urwego rw’ubutasi, ANR.
Ubutumwa bwa Mwema bwatambutse ku rubuga rw’ibi biro buvuga ko ubundi bidasanzwe ko bitanga ibisobanuro ku ifungwa ry’umuntu ariko byabaye ngombwa ko bibikora kuri Beya, anahishura ko hari ibimenyetso bikomeye byerekana ko hari umugambi mubi yari afite ku mutekano w’igihugu.
Yagize ati: “Iki ni ikibazo cyerekeye umutekano w’igihugu, kiri mu bubasha bwa ANR. Ntabwo bisanzwe ko ibi biro bivuga kuri ibi bikorwa ariko ukuntu ibintu bimeze ubu, twavuga ko abashinzwe iperereza bafite ibimenyetso bikomeye byerekana ko hari umugambi mubi ku mutekano w’igihugu. Iperereza rirakomeje kandi riri gukorwa mu nzego zitandukanye.”
Mwema yabaye nk’uwerura impamvu ishobora kuba yaratumye Beya afungwa, agakorwaho iperereza. Ati: “Inzira ya demukarasi yatangijwe muri iki gihugu ubwo habagaho ihererekanya ry’ubutegetsi mu mahoro muri Mutarama 2019 ni igikorwa cyo kubungabungwa ku kiguzi cyose gishoboka. Ntabwo tuzihanganira uzagerageza guhungabanya umutekano w’inzego zacu.”
Beya yatawe muri yombi tariki ya 5 Gashyantare 2022, icyo gihe Perezida Félix Tshisekedi wari witabiriye inama y’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yahise ataha. Harakekwa umugambi wo guhirika ubutegetsi bwe.
Nta rundi rwego rwa Leta rwari rwarasobanuye iby’ifungwa rya Beya wigeze kuyobora urwego rw’ubutasi.


