Polisi y’u Rwanda mu turere twa Nyarugenge na Nyamasheke ifunze abagabo babibi bakekwaho kugerageza guha ruswa abayobozi b’inzego z’ibanze kugira ngo babakorere ibinyuranije n’amategeko.
Habimana we akurikiranweho kugerageza guha ruswa y’ibihumbi 51 by’amafaranga y’u Rwanda ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Ruharambuga, wo mu karere ka Nyamasheke, kugira ngo ashyire abana batanu ( b’abandi bantu) ku rutonde rw’abishyurirwa amashuri n’imishinga; akaba yarafashwe ku itariki 10, uku kwezi.
Mu butumwa bwe, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP), Emmanuel Hitayezu yagize ati,”Umuntu ufatiwe mu cyaha runaka akwiye kwirinda kongera icyaha ku kindi atanga ruswa, cyangwa akora ibindi binyuranije n’amategeko , ahubwo asabwa gukurikiza ibiteganywa n’amatego. ”
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire yavuze ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane niba hari abantu Habimana yatse ayo mafaranga abizeza gushyirisha abana babo ku rutonde rw’abazishyurirwa amashuri n’imishinga.
Baziyaka afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kigali, naho Habimana afungiwe ku ya Ruharambuga mu gihe iperereza rikomeje.
Umuntu uhamwe na ruswa ahanishwa kuva ku myaka ibiri (2) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro k’indonke yatanze cyangwa yashatse gutanga, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 640 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com


