screenshot_20220210-135000.jpg

Urukiko rwateye utwatsi ubujurire n’ugutakamba bya INES- Ruhengeri rutegeka kwishyura mwarimu Musanganya asaga miliyoni 40

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rw’Ubujurire rwanze ubujurire n’ugutakamba kwa Kaminuza ya INES-Ruhengeri, yari yarutakambiye isaba ko ikirego cyayo kigamije kujuririra urubanza rwaciwe n’urukiko rukuru, aho yari yatsinzwemo na Mwarimu Musanganya Faustin, igategekwa kwishyura Frw miliyoni 40,350,000 cyakwakirwa.

Icyemezo cy’urukiko rw’ubujurire nomero 001/pres/ca/2022/CIV ikinyamakuru BWIZA gifitiye kopi, kuri paji ya mbere, kivuga ko INES-Ruhengeri mu izina ry’uyihagarariye, ihagarariwe na Me Nsengiyumva Straton na Me Nyungura Joseph, batakambye basaba urukiko rw’ubujurire, ngo rukureho icyemezo nomero 050/2021/CIV/GCA cyafashwe n’Umwanditsi Mukuru w’Urukiko rw’Ubujurire kuwa 23 Ukuboza 2021 cyo kutakira ubujurire mu rubanza nomero RCA 00021/2021/HC/MUS rwaciwe n’urukiko rukuru, urugereko rwa Musanze kuwa 19 Ukwakira 2021.

Ku mutwe wa Gatatu w’iki cyemezo, ku ipaji ya munani, Urukiko rw’ubujurire ruvuga ko rwasanze iri takamba nta shingiro rifite ndetse ku ipaji ya cyenda, rwemeza ko icyemezo cyo kutakira ubujurire bw’urubanza Musanganya Faustin yatsinzemo INES-RUHENGERI, kigumyeho.

screenshot_20220210-135000.jpg

screenshot_20220210-134955-2.jpg

screenshot_20220210-135003.jpg

Iki cyemezo kandi kigaragaza imiterere y’ikibazo cyatangiye kuwa 2 Nzeri 2020, ubwo Musanganya Faustin yashyikirizaga ikirego cye Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze, arega INES-RUHENGERI, mu izina ry’uyihagarariye, avuga ko yirukanywe mu buryo bunyuranyije n’amategeko nk’umwe mu bashinze umuryango wa INES-Ruhengeri.

Icyo gihe ikirego cyarakiriwe, urukiko ruburanisha urwo rubanza, rutegeka ko Musanganya Faustin atsinze. Runategeka ko ahabwa indishyi y’amafaranga y’ u Rwanda angana na 38,900,000.

Iyi kaminuza ntiyishimiye imikirize y’urubanza, irega mu rukiko rukuru, narwo rutegeka ko Mwarimu Musanganya Faustin akiri umunyamuryango shingiro (membre fondateur) wa INES-RUHENGERI, ko yirukanwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Icyo gihe rwategetse ko iyi kaminuza yishyura Musaganya Faustin miliyoni 40, 350, 000.

Ibi nanone byatumye INES-RUHENGERI ijjyana ikirego mu rukiko rw’ubujurire, bigaragara ko kitakiriwe ndetse no gutakambira urukiko rw’ubujurire kw’iyi kaminuza ngo iki kirego cyakirwe, kuri wa 17 Mutarama 2021, urukiko rwanzuye ko nta shingiro bifite, ndetse ko icyemezo cyafashwe kuwa 23 Ukuboza 2021 cyo kutakira ubu ubujurire kigumyeho.

BWIZA yahamagaye Uhagarariye INES-RUHENGERI mu mategeko, Musenyeri Harolimana Vincent ndetse n’umwungirije, Alex Byamana ntibyakunda. Twifuzaga kubabaza ikigiye gukurikiraho nyuma y’aho ubujurire bwabo ndetse no gutakambira urukiko rw’ubujurire byanzwe.

Iki kinyamakuru kandi cyahamagaye Mwarimu Musanganya Faustin kuri iyi ngingo, uyu mugabo mu ijwi rituje, ati ” Ahari Imana n’abagabo nta w’undi mugabo urengana. Niteguye gukorana nabo mu mucyo nta kindi.”

Rurageretse hagati ya Mwarimu Musanganya Faustin na INES-RUHENGERI mu nkiko kuva muri Nzeri 2020, aho uyu mugabo yareze iyi kaminuza kumwirukana binyuranye n’amategeko. Kugeza ubu mu nkiko zose baburanyemo, Kaminuza ya INES-RUHENGERI yagiye itsindwa nayo ikajuririra imyanzuro y’urukiko.

Kugira ngo wumve neza iby’imanza hagati y’izi mpande zombi, wasoma inkuru zabanje zikurikira:

1. https://bwiza.com/?Isomwa-ry-urubanza-aho-INES-Ruhengeri-yajuririye-gucibwa-asaga-miliyoni-39-ngo ( Isomwa ry’urubanza aho INES-Ruhengeri yajuririye gucibwa asaga miliyoni 39 ngo ahabwe Musanganya ryasubitswe).

2. https://bwiza.com/?INES-Ruhengeri-yaciwe-Frw-asaga-miliyoni-40-ngo-iyahe-Mwarimu-Musanganya

3. https://bwiza.com/?Konti-za-banki-za-Kaminuza-ya-Ines-Ruhengeri-zafatiriwe

arton162105-2.jpg
Musanganya Faustin wari umuyobozi wungirije ushinzwe imari n’imiyoborere muri Kaminuza ya INES-RUHENGERI ari kumwe n’uwari Umuyobozi wa INES-RUHENGERI, Musenyeri Bahujimihigo Kizito, mu muhango wo gusoza amasomo ya kaminuza bayoboye/ F. Musanganya

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *