Rutahizamu Cristiano Ronaldo uzwi nka Cr7 ashobora kuva muri Manchester United, nyuma y’aho we n’iyi kipe bakomeje kubura umusaruro mwiza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, English Premier League.
Cr7 ufite amasezerano y’imyaka ibiri muri Manchester United, azarangira mu mwaka 2023, ashobora gusohoka muri iyi kipe muri iyi mpeshyi iza mbere y’uko amasezerano ye arangira, nk’uko ikinyamakuru The Sun cyabitangaje.
Iki kinyamakuru kivuga ko Cr7 yamaze kubwira inshuti ze za hafi ko ashobora kuva muri iyi kipe. Gusa ngo n’ubwo bimeze gutya, uyu mukinnyi aracyiteguye gukora cyane kugira ngo agabanye igitutu, ndetse abashe no kwemeza umutoza we Ralf Rangnick wamusabye gutsinda ibitego byinshi.
Kugeza ubu kuva yagaruka muri iyi kipe amaze gutsinda ibitego 14 , mu mikino yose amaze gukina, ikipe ya Manchester United ikaba iri kumwanya wa 5, n’amanota 40, ikarushwa na Mancheter City ya mbere amanota 23.
Umukino Manchester United iheruka ya wukinnye ejo hashize ku wa Gatandatu, aho yanganyirije mu rugo na Southampton 1-1. Cr7 wari umaze imikino itanu adatsinda igitego, nabwo ntiyabashije kureba mu izamu.


