Kenya: Uwiyamamariza kuba Perezida aratabaza

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki akaba n’umuhanzi, Reuben Kigame wiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri Kenya, yatabaje urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza nyuma yo kwakira kuri WhatsApp ubutumwa bumutera ubwoba.

Mu kiganiro yagiriye kuri televiziyo kuri uyu wa 14 Gashyantare 2022, Kigame yahishuye ko umuntu atazi yamwoherereje ubutumwa bw’ijwi kuri WhatsApp mu masaha y’ijoro, amusaba gukuramo kandidatire ye.

Yagize ati: “Mu cyumweru gishize nari kuri DCI najyanye ikirego cy’uko nakiriye ubutumwa bw’ijwi kuri WhatsApp bwaturutse ku muntu ntazi, wansabaga kuva mu irushanwa kubera ko ngo umwanya ufite umuntu wagenewe.”

Uyu muntu ngo yamubwiye ko niba ashaka amahoro, agomba gukora ibyo yamusabye. Ati: “Yanteye ubwoba ngo niba nshaka amahoro, ngomba kuva mu irushanwa. Igitenganwa yavugaga ni uko Perezidda agenwa n’aba mafia babi.”

Nk’uko Kenyans yabitangaje, Kigame yavuze ko afite impungenge z’ubuzima bwe nyuma yo kwakira ubu butumwa. Icyakoze mu gihe DCI ikomeje iperereza, yasabye ko we na bagenzi be biyamamaza bahabwa uburinzi bwihariye, kuko haba hari ababa bafite umugambi wo guhungabanya umutekano wabo.

Amatora ya Perezida wa Kenya azaba tariki ya 9 Kanama 2022. Abandi biyamamaza barimo Visi Perezida wa Kenya, William Ruto na Raila Odinga wahatanye bikomeye na Perezida Uhuru Kenyatta mu matora yabaye mu 2017.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *