Burundi: Nyuma y'amasaha 24 afunze, Major Niyonkuru (Ex-FAB) yarekuwe

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Mutarama 2017, nibwo Major Niyonkuru Elie wari ufungiye muri gereza y’urwego rushinzwe iperereza yarekuwe, nyuma y’amasaha agera kuri 24 ahafungiye.
Nk’uko umuryango we wabitangarije Bonesha FM, ngo uru rwego rwari rwamutaye muri yombi rumushinja kwifatanya n’abahungabanyije umutekano ariko abitera utwatsi ko ibyo bamushinja ntaho bihuriye n’ukuri ahubwo ko we yari muri Somalia mu butumwa bw’amahoro.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uru rwego rukaba rwarabuze ibimenyetso bishinja uyu musirikare. Yari yafatiwe iwe i Kanyosha muri Komini Muha mu mujyi wa Bujumbura, n’ubwo umugore we atari yahawe amakuru nta nubwo yari yemerewe no kumusura aho yari afungiye ndetse anafite impungege z’umutekano we.
Major Niyonkuru, yari afungiye muri gereza iri hafi ya cathédrale Regina Mundi muri zone Rohero muri Komini Mukaza. Uyu musirikare ni EX FAB by’umwihariko akanaba mubyara wa Adjudant Eddy Claude Nyongera wapfiriye mu biro by’urwego rushinzwe iperereza umwaka ushize.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *