Umugore wa Perezida Macron yajyanye mu nkiko abagore bavuze ko yavukanye ubugabo

Sangiza iyi nkuru

Madamu wa Perezida Emanuel Macron w’u Bufaransa, Brigitte Macron, yajyanye mu nkiko abagore babiri bamusebeje bavuga ko yavutse ari umuhungu nyuma akaza kwihinduza igitsina.

Mu Ukuboza umwaka ushize ni bwo Brigitte Macron yibasiwe n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bavuga ko yavukanye ubugabo.

Byari nyuma y’inkuru yari yanditswe ku rubuga rw’abanyapolitiki bagendera ku myumvire ya kera (extrême droite), mbere yo gusamirwa hejuru n’abarwanya umugabo we babikwirakwije ku mbuga nkoranyambaga.

Aba bavugaga ko Brigitte Macron yavutse ari umuhungu ndetse yitwa Jean-Michel Trogneux.

Umwunganizi mu mategeko wa Madamu Brigitte, Jean Ennochi, yabwiye AFP ko bamaze gutegura ikirego bagomba gushyikiriza ubutabera.

Yavuze Madamu wa Macron “yafashe icyemezo cyo gutanga ikirego, kandi biri mu nzira.”

Ku mugoroba w’ejo ku wa Gatanu ni bwo hamenyekanye amakuru y’uko iki kirego cyamaze gutangwa biciye mu bana ba Madamu wa Perezida Macron [abo yabyaye mbere y’uko babana] ndetse n’abavandimwe be.

Abarezwe ni abagore babiri bashinjwa guhungabanya ubuzima bwite n’uburenganzira bw’ibanze bwa Madamu Brigitte ndetse no gukoresha amashusho ye mu buryo butemewe n’amategeko.

Barimo uwiyita umunyamwuka ndetse n’undi usanzwe ari umunyamakuru wigenga.

Bombi bashinjwa ku kuba mu Ukuboza umwaka ushize barashyize hanze ibihuha ndetse n’amashusho asebya Madamu wa Macron bifashishije urubuga rwa YouTube.

Aba kandi ibihuha byabo babitije umurindi bifashishije hashtag ya #JeanMichelTrogneux ku rubuga rwa Twitter ndetse n’izindi mbuga nkoranyambaga.

Biteganyijwe ko iburanisha rya ruriya rubanza rizatangira ku itariki ya 15 Kamena 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *