Klopp yavuze ibanga Liverpool atoza iteganya gukoresha kugira ngo ishyikire Manchester City

Sangiza iyi nkuru

Umudage Jürgen Klopp utoza Liverpool yo mu Bwongereza, yavuze ko bagomba gutsinda imikino ya shampiyona yose isigaye kugira ngo babashe gufata Manchester City bahataniye igikombe.

Kugeza ubu Liverpool igifite umukino w’ikirarane irarushwa amanota atandatu na Manchester City, gusa Klopp uyitoza avuga ko afite icyizere cyo gukuramo aya manota, n’ubwo yemeza ko bibasaba akazi katoroshye ko gutsinda imikino yose isigaye.

Yagize ati: “Dufite imikino myinshi isigaye gukinwa, nitubasha kuyitsinda yose tuzaba tugihataniye igikombe.”

Uyu Mudage avuga ko kuba Manchester City iheruka gutsindwa na gutsindwa na Tottenham ibitego 3-2 ntacyo byigeze bihindura ku ntego afite yo gutsinda imikino yose.

Ati: “Ubwo najyaga mu rugo byari 2-1, gusa nkigera mu rugo ntabwo nakomeje gukurikira umukino. Cyakora natekerezaga ko baza kunganya, gusa nyuma umushoferi yaratunguwe ambwira ko ari 2-2, nyuma biba 3-2. Natekereje ko City yatsinze ndavuga ok, gusa aravuga ngo ni Tottehnam yatsinze, ariko nta cyahindutse kuko tugomba gutsinda imikino yose.”

Kugeza ku munsi wa 26 wa shampiyona yo mu cyiciro cyambere mu Bwongereza, Manchester City niyo ya mbere n’amanota 63, mu gihe Iiverpool ariyo iyikurikiye n’amanota 57.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *