Tour du Rwanda: Alan Boileau yegukanye agace kabanziriza aka nyuma, kaba aka 2 atwaye

Sangiza iyi nkuru

Umufaransa Alan Boileau ukinira ikipe ya B&B Hotels y’iwabo, ni we wegukanye agace ka karindwi ka Tour du Rwanda 2022 kaba aka kabiri atwaye.

Abasiganwa kuri uyu wa Gatatu bari bahagurutse ku Ntwari mu karere ka Nyarugenge berekeza i Gicumbi, bahava bafata umuhanda wa Base bagaruka i Kigali ariko banyuze kuri Nyirangarama, mbere yo gusoreza muri Mont Kigali ariko banyuze kuri Ruriba na Norvège.

Rwari urugendo rureshya n’ibilometero 152.6.

Boileau wegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda ka Kigali-Rwamagana, yegukanye akabanziriza aka nyuma kakinwe uyu munsi akoresheje amasaha atatu, iminota 41 n’amasegonda 20.

Yarushaga amasegonda atatu umunya-Israel Goldstein Omer wamukurikiye.

Umunyarwanda waje hafi mu gace k’uyu munsi nanone ni Manizabayo Eric ‘Karadiyo’ waje ku mwanya wa munani, arushwa na Boileau umunota umwe n’amasegonda 12.

Umunya-Eritrea Tesfazion Natnael wegukanye Tour du Rwanda ya 2020 ni we wakomeje kwambara umwambaro w’umuhondo, ndetse kuri ubu ni na we uhabwa amahirwe yo kongera kwegukana Tour du Rwanda y’uyu mwaka.

Tesfazion kuri ubu ararusha amasegonda 28 umunya-Ukraine Budiak Anatoli umukurikiye ku rutonde rusange, akanarusha amasegonda 50 umunya-Ireland Ewart Jesse ukinira Bike Aid yo mu Budage uri ku mwanya wa gatatu.

Umunyarwanda uri hafi ku rutonde rusange ni Karadiyo uri ku mwanya wa 10 arushwa iminota itatu n’amasegonda atatu.

Umunyarwanda wundi Uwihirwe Byiza Renus wari umaze igihe yitwara na we neza we yamaze kuva mu isiganwa, nyuma yo kugira ikibazo kuri uyu wa Gatandatu.

Tour du Rwanda 2022 irasozwa kuri iki cyumweru ari na bwo hamenyekana ugomba kuyeyukana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *