Inkuru ziva mu gihugu cya Senegal ziravuga ko mu gihe igihugu cya Gambia kiri mu bibazo,Perezida watowe n’abaturage Adama Barrow agiye kuguma ari impunzi mu gihugu cya Senegal kugeza umusi azashyikirizwa ubutegetsi,nkaho Yahya Jammeh we narenza kuwa 4 Tariki ya 19 ataba yemewe nk’umukuru w’igihugu.
Itangazamakuru ryo muri Senegal rivuga ko prezida w’icy’ igihugu Macky Sall, yemeye kwakira Barrow ku murwa mukuru wa Senegal, i Dakar, kugeza igihe azashyikirizwa ubutegetsi itariki 19 z’uku kwezi.Nkaho Prezida wa Mali we yasabye Yahya Jammeh kuva ku butegetsi kugirango hatazameneka amaraso muri iki gihugu.
Avugira munama yahuje Afrika n’Ubufaransa I Bamako, Ibrahim Keita yasabye “ko hakoreshwa ubwitonzi bujya buranga Afrika”. Perezida wa Senegal avuga ko kandi bidakenewe ko Jammeh ahunga Gambia kuko hari gukorwa ibishoboka byose ngo ibintu bibe mu mahoro, itariki ya 19, Yahya Jammeh atazabatenguha.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Adama Barrow, yatsinze Jammeh mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu kwezi gushize, yari muri iyo nama kandi yatumiwemo nk’umukuru w’igihugu.Ishyirahamwe ryo mu burengerazuba bwa Afrika, ECOWAS, risaba Onu kwemeza ko haba inteko za gisirikare zijya gukuraho Yahya Jammeh mu gihe hataba guhererekanya ubutegetsi ku musi wo kuwa kane.

Bbc ivuga ko Ishyirahamwe rihuza ibihugu byo mu Afurika y’uburengerazu ryagerageje inshuro nyinshi ngo Yahya Jammeh umaze igihe kirekire ku butegetsi aveho mu mahoro cyane ko hari n’abantu benshi bakomeje guhunga iki gihugu bajya muri Senegal na Gunee Bissau kubera gutinya ibishobora gukurikira igihe yaba yanze kuva k’ubutegetsi.
Prezida w’Ubufaransa Francois Hollande, wabonanye na Barrow muri iyo nama, yavuze ko ibyavuye mu matora muri Gambia bigomba kubahirizwa. Ati:“Mwabonye ko Perezida watowe yahawe ikaze muri iyi nama kandi hagomba gukorwa igikenewe cyose kugira ngo ku wa 18 ukwezi kwa mbere cyangwa kuwa 19, atangire akazi kiwe gashyashya nk’umukuru w’igihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Perezida wa Nigeria mbere yuko ajya mu nama yagiye ku murwa mukuru wa Gambia, I Banjul, kugerageza kumvisha Jammeh biboneka ko adashaka kuva ku butegetsi.cyo kimwe na bimwe mu bihugugu by’Iburayi ,ishyirahamwe ry’ubumwe bw’Afurika naryo rivuga ko ritazaba ricyemera Jammeh nk’umukuru w’igihugu, inyuma yamanda yiwe ku musi wa kane nkuko bbc ikomeza ibivuga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Mecky kayiranga/bwiza.com


