Amafoto adasanzwe yaranze iminsi 15 y'ukwezi kwa Mutarama 2017 hirya no hino muri Afurika

Sangiza iyi nkuru

Hashize iminsi 15 gusa dutangiye umwaka mushya wa 2017. Mu bikorwa bitandukanye birimo iby’amatora, iby’akababaro, ibyishim, ibirori n’ibindiitandukanye hirya no hino ku mugabane w’Afurika, hegeranyijwe amwe mu mafoto yagiye aranga ikintu cyabaye mu bihugu bimwe na bimwe kitavuzweho rumwe, cyavugishije benshi cyangwa kitazibagirana mu mateka ku bagizweho ingaruka na cyo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Aya ni amwe mu mafoto agaragaza ibyo bikorwa.

1
Uyu ni umwe mu bana bafitiwe ku wa gatandatu w’iki cyumweru dusoje wagaragaye ashyigikiye Perezida mushya w’igihugu cya Ghana Nana Akufo-Addo, yishushanyije ku itama n’utugambo tugaragaza ko amushyigikiye.

2
Aba nabo ni bamwe mu bakaraza bagaragazaga ubuhanga budasanzwe mu gukubita umurishyo mu gihe bahaga ikaze Perezida mushya muri Ghana

3
Abavuzi b’amakondera muri Ghana na bo bari bafataanyije n’itsinda ry’ababyinnyi

4
Abasirikare mu gihugu cya Cote d’Ivoire bari mu gikorwa cyo gucunga umutekano ubwo abaturanyi babo bari mu bikorwa by’amatora ya Prezida

5
Abaturage bari bataye ingo zabo bakwiriye mu muhanda wa Bouake aho bari bizeye umutekano mu gihugu cya Cote d’Ivoire mu minsi ishize

6
Igikorwa cyasaga n’imyigaragambyo muri Nigeria mu gihe haari hashize iminsi 200 abana b’abakobwa b’abanyeshuri ba Chibok bashimuswe n’inyeshyamba za Boko Haram

8
Uyu ni umwe mu barinzi wari urinze gari ya Moshi muri Kenya kuwa gatatu w’icyumweru gishize ubwo i Nairobi hatahagwa inzira nshya ya Gari ya Moshi

9
I Juba muri Sudani y’Epfo kuwa gatatu ubwo ikipe ya Basket ball y’ababana n’ubumuga bw’ingingo bari mu myitozo idasanzwe mu tugare twabo

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
11
Kuwa kabiri, i Bujumbura ubwo umkobwa wa nyakwigendera Emmanuel Niyonkuru yateraga amazi y’umugisha ku mubiri wa se wishwe arashwe mu minsi mikuru isoza umwaka washize wa 2016

12
Mu gikorwa cyo kwita ku batagira aho baba, uyu ni Ofisiye mu gihugu cya Algeria aciye bugufi ytegereza uko umwana na nyina batagira aho kuba bafata ku mafunguro

13
Nigeria: Abana bari bahungishijwe kubera imirwano yari kubera mu gace k’iwabo ka Kaduna, aha ni imbere y’inyubako bari bahawemo icumbi um cyumweru gishize

 

igikorwa cy'imyigaragambyo iyobowe n'urubyiruko rwo muri Tunisia, bamagana gahunda ya leta yo gufunga umupaka uhuzaiki gihugu na Libya kubera umutekano mucye
igikorwa cy’imyigaragambyo iyobowe n’urubyiruko rwo muri Tunisia, bamagana gahunda ya leta yo gufunga umupaka uhuzaiki gihugu na Libya kubera umutekano mucye

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *