Thomas Tuchel yahishuye igihe azavira muri Chelsea

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’ibihe bikomeye kipe ya Chelsea ikomeje kunyuramo kubera ibihano umuherwe wayo Roman Abromovich yafatiwe bigatuma Chelsea yari yaraguze ayamburwa, umutoza Thomas Tuchel yatangaje ko azaguma muri iyi kipe kugeza uyu mwaka w’imikino urangiye.

Abramovich yafatiwe ibihano na Leta y’u Bwongereza azira kugirana umubano na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya.

Tuchel afitanye na Chelsea amasezerano azageza mu mwaka 2024, gusa hari n’amakuru amwerekeza mu ikipe ya Manchester United.

Uyu Mudage yemeje ko azaguma muri Chelsea kugeza uyu mwaka w’imikino urangiye.

Ati: “Nta gushidikanya nzahaguma kugeza umwaka w’imikino urangiye. Tugomba gukomeza urugendo umunsi ku wundi, nkuko n’abivuze ntabwo biri mu biganza byacu, ibiganiro biracyakomeje harebwa uburyo twabasha kurangiza umwaka w’imikino.”

Kugeza ku munsi wa 29 wa shampiyona ya Premier League, Chelsea iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 59, ikarushwa na Manchester City yambere amanota 10.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *