Musanze: Abandi bantu barohamye mu kiyaga cya Ruhondo, 2 baburirwa irengero

Sangiza iyi nkuru

Abantu babiri bo mu kagari ka Murwa ho mu murenge wa Remera mu karere ka Musanze, bamaze iminsi ibiri baraburiwe irengero nyuma yo gukorera impanuka y’ubwato mu kiyaga cya Ruhondo.

Mu ijoro ryo ku itariki ya 13 Werurwe 2022 ahagana Saa yine n’igice ni bwo ubwato bwavaga ahitwa i Kigarama ho mu murenge wa Gacaca berekeza mu wa Remera bwakoze impanuka, abantu batatu barimo umugore umwe n’abagabo babiri bari baburimo bahita barohama.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, HANYURWABAKE ThĂ©oneste, yabwiye BWIZA ko “hashoye kurokoka umugabo umwe habura umugabo umwe n’umugore umwe.”

Gitifu wa Remera yakomeje avuga ko kugeza mu ijoro ryakeye ubwo yavuganaga n’iki gitangazamakuru ibikorwa byo gushakisha abari babuze byari bigikomeje bikorwa na Polisi ishinzwe umutekano wo mu mazi.

Abajijwe ku cyaba cyateye iyi mpanuka, Gitifu wa Remera yavuze ko “Haracyekwa ko iyi mpanuka yaba yatewe n’ubwato bwari bushaje, na cyane ko bigaragara ko amasaha bagendaga atemewe mu kiyaga kuko ubusanzwe nta wemerewe kwambuka nyuma ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba cyeretse yamenyesheje Polisi ikorera ku kiyaga cya Ruhondo.”

Iyi mpanuka yabaye nyuma y’indi yo mu kwezi gushize yabereye ku gice cy’ikiyaga cya Ruhondo giherereye mu murenge wa Gashaki ho mu karere ka Musanze, ihitana abagore babiri.

Gitifu HANYURWABAKE mu rwego rwo kwirinda ko impanuka nk’izi zakomeza kubaho, yasabye abaturage kwirinda kwambuka mu masaha akuze.

Ati: “Abantu bakwirinda kwambuka mu masaha abujijwe cyangwa byaba binabaye bikamenyeshwa inzego zibishinzwe kugira ngo zibafashe. Ikindi kandi ni ukwirinda gukoresha ariya mato atujuje ubuziranenge kuko harimo risk [ibyago[ nyinshi zatuma abantu babiburiramo ubuzima.”

Kugeza ubu uwitwa Twambazimana Onesphore w’imyaka 21 wari utwaye ubwo bwato na Kamuriza Jeannine w’imyaka 25 y’amavuko ni bo bakomeje kuburirwa irengero.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *