Igisubizo cya Pedri wagereranyijwe na Messi nyuma yo gutsinda igitego cy’akataraboneka

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Espagne Pedri Gonzalez yatangaje ko byamurenze cyane, nyuma yo kugereranywa na Lionel Messi kubera igitego yatsindiye FC Barcelone ikina na Galatasaray.

Mu ijoro ryakeye FC Barcelone yo muri Espagne yari yasuye Galatasaray yo muri Turkiya, mu mukino w’ishiraniro wo kwishyura wa 1/8 cy’irangiza cya UEFA Europa league.

Ni nyuma y’ubanza wabereye i Camp Nou amakipe yombi yari yaraguyemo miswi 0-0.

Byasabye ko FC Barcelone ijya gutsindira i Istanbul ibitego 2-1 kugira ngo igere muri 1/4 cy’irangiza cya ririya rushanwa rifatwa nka murumuna wa UEFA Champions league.

Ibitego bya Pedri Gonzalez n’umunya-Gabon Pierre-Emerick Aubameyang ni byo byafashije FC Barcelone gukura intsinzi itoroshye muri Turkiya.

Pedri yatsindiye FC Barcelone igitego ku munota wa 37 w’umukino, yishyura icyo ku munota wa 28 myugariro w’umunya-BrĂ©sil, Marcos do Nascimento Teixeira uzwi nka MarcĂŁo yari yatsindiye Galatasaray.

Hari ku mupira uriya musore w’imyaka 19 y’amavuko yari aherewe na Ferran Torres mu rubuga rw’amahina, abanza gucenga aryamisha ba myugariro ba Galatasaray mbere yo gutereka umupira mu izamu.

Igitego cya Pedri cyagereranyijwe n’ibyo Umunya-Argentine Lionel Messi yakundaga gutsinda akiri muri FC Barcelone, bituma uyu musore ukiri muto abenshi bamugereranya na we.

Pedri aganira n’itangazamakuru nyuma y’umukino, yavuze ko yishimiye kugereranywa na kiriya gihangange, gusa avuga ko urwego ariho ntaho ruhuriye n’urwa Messi.

Ati: “Leo yatsinze ibitego byinshi byiza, kugereranya icyanjye na we ni ubusazi.”

Pedri na bagenzi be baramenya ikipe bazahurira na yo muri 1/4 kuri uyu wa Gatanu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *