Mali: Ibiganiro bya CEDEAO n’abahiritse ubutegetsi ku gihe amatora azabera byafashe ubusa

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma y’inzibacyuho ya Mali kuri iki Cyumweru yatangaje ko itigeze igera ku masezerano mu biganiro yagiranye n’umuryango wa CEDEAO ku gihe amatora agomba kugarura demokarasi azabera nyuma y’aho igisirikare gihiritse ubutegetsi.

Iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika muri Mutarama cyafatiwe ibihano bikakaye nyuma y’aho agatsiko k’abasirikare gafashe ubutegetsi mu 2020.

Abayobozi b’inzibacyuho bagiranye ibiganiro n’intumwa ya CEDEAO i Bamako kuwa Gatanu ushize no kuwa Gatandatu, iyi ntumwa itanga igitekerezo cy’uko amatora yategurwa mu mezi 24, ariko biterwa utwatsi nk’uko guverinoma yabitangaje mu itangazo ryayo.

Ntacyo CEDEAO, abayobozi bayo bari bavuze ko bazagenda boroshya ibihano byafatiwe Mali, bahise batangaza. Ni ibihano birimo gufungira Mali imipaka no gushyira amananiza mu ihererekanwa ry’imari.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *