Perezida wa Tunisia, Kais Saied, kuri uyu wa Gatatu yasheshe Inteko Ishinga Amategeko y’igihugu cye nyuma y’amasaha macye bemeje itegeko rikuraho ingingo zo mu bihe bidasanzwe zafashwe na Perezida Saied mu mwaka ushize. Iyi nteko n’ubundi yari imaze amezi 12 ihagaritswe, kubera kwanga gutora amwe mu mateka ya perezida nk’uko tubikesha Reuters.
Ubwo yagiraga icyo avuga ku badepite bwa mbere ahagarika inteko muri Nyakanga umwaka ushize, Perezida Saied yabashinje kugerageza guhirika ubutegetsi no kugambana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu guhungabanya umutekano w’igihugu, ategeka ko bakorwaho iperereza.
Perezida Saied wahoze ari umwarimu mu by’amategeko yatowe mu 2019, abaturage bararakariye abanyapolitiki. Ku itariki ya 25 Nyakanga umwaka ushize nibwo yasheshe guverinoma anahagarika ibikorwa by’inteko ishinga amategeko yigarurira ubutegetsi bwose.
Abagize inteko ishinga amategeko bo bemeje itegeko rihanagura ingingo zose zafashwe na Saied, bavuga ko zibangamiye demokarasi kandi zagaruye ubutegetsi bw’igitugu.
Aba bakaba basabye ko hatunganywa amatora y’abadepite n’ay’umukuru w’igihugu ndetse n’ibiganiro by’umushyikirano byagarura umwuka mwiza wa politiki mu gihugu.


